Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter
  • Kuba MONUSCO yava muri DRC bishobora gutanga umurongo wo gukemura ikibazo

Umusesenguzi mu bijyanye na Politiki Mpuzamahanga, avuga ko ibikorwa by’urugomo Abanye-Congo bari gukorera MONUSCO, bifitanye isano n’ibyo baherutse kugaragariza u Rwanda.

Kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru, imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe indi sura aho abayitabiriye bigabije ibirindiro by’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bakabyinjiramo bakanabisahura.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yaje nyuma yuko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaye indi myigaragambyo mu minsi yashize yo kwamagana u Rwanda bashinja gufasha umutwe wa M23.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Umusesenguzi mu bijyanye na Politiki akaba n’umwarimu wayo muri Kaminuza, Dr. Ismael Buchanan yavuze ko ibi bikorwa by’urugomo biri gukorwa n’Abanye-Congo babikorera MONUSCO bifitanye isano n’ibyabaye mu minsi ishize byo kwamagarana u Rwanda.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, ijya gutangira byari byagarutsweho na Bahati Modeste Lukwebo, Perezida wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse kuvuga ko MONUSCO igomba gufata utwangushye ikava muri DRC.

Dr Buchanan uvuga ko iri jambo ry’uyu munyapolitiki risa nk’imbarutso y’iyi myigaragambyo ariko ko izi ngabo ziri mu butumwa bwa UN, ziri kuzizwa kuba zaravuze ko u Rwanda rudafasha umutwe wa M23.

Ati “Ikindi MONUSCO yagaragaje ko ingabo za Congo zidafite imbaraga zo kuba zahashya M23, no kuba MONUSCO yo nta n’icyo ibivugaho ko u Rwanda rufasha M23, wabonaga ko hari aho bihurira nyine.”

Abasesenguzi kandi bemeza umujinya Abanye-Congo baherutse kugirira u Rwanda bakanirara mu mihanda barwamagana, ari wo bahindukije bakawerecyeza kuri MONUSCO.

 

Kuba MONUSCO yava muri DRC byatanga igisubizo?

Abanye-Congo bamagana MONUSCO, bayisaba guhagarika ubutumwa bwayijyanye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, kuko kuva yahagera ntacyo yakoze muri ibi byayijyanyeyo.

Dr Buchanan avuga ko kuba MONUSCO yava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwabyo bitatanga umuti w’ikibazo gihari ariko ko hari icyo byamara.

Ati “Kugenda kwayo ntibizabuza ko imitwe iri hariya izakomeza kwica abaturage bari hariya kuko na bo bagize agahenge kuko MONUSCO yari ihari, ibyo ni ibyiza byagiye bigira ariko kuba yagenda na bwo bishobora kugabanya n’ibibazo bimwe byari Bihari by’ubukungu ndetse no kumva ikibazo kigashyira muri benecyo ku buryo cyakemuka mu maguru mashya.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko ibyo abaturage bari gukorera MONUSCO bishobora gufatwa nk’ibyaha by’intambara, akaba yanasabye Ubutegetsi bwa Congo kugeza imbere y’ubutabera Abanye-Congo bakoze ibi bikorwa by’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi

Next Post

Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.