Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibyo ndimo si urwenya ndashaka ko ubuhanzi bwanjye bunteza imbere bukanateza imbere urubyiruko-‘Dore Imbogo’

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibyo ndimo si urwenya ndashaka ko ubuhanzi bwanjye bunteza imbere bukanateza imbere urubyiruko-‘Dore Imbogo’
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiransengiyumva Valentine ukomeje kwamamara mu ndirimbo ‘Dore imbogo dore Imapala,…twamwakiriye live mu makuru, avuga ko ubuhanzi bwe bugamije kwiteza imbere no guteza imbere urubyiruko.

Uyu mukobwa umaze kuba ikimenyabose ku bakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, mu kiganiro yagiranye na TV10 mu makuru yatambutse mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, yavuze ko asanzwe ari umuhanzi.

Ubuhanzi bwe buzwi na benshi ubu ni ubw’indirimbo ‘Dore imbogo dore imvubu dore impala, uhuhuuuuu…” aho iyi ndirimbo ikomeje kwamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Muri iki kiganiro na TV10 yakoze mu muhogo aturirimbira iyi ndirimbo ndetse asobanura ko yayiririmbye kubera inyamaswa ziba muri Pariki y’Igihugu y’Akagera zisanzwe zibana neza yaba into ndetse n’inini.

Vava avuga ko ibi bihangano bye atari urwenya ahubwo ko ari ubuhanzi bushingiye ku byo agenda abona bifatika.

Ati “Nkora indirimbo nshingiye ku byo mbona ku byo numvise by’ukuri.”

Avuga ko intego ye muri uru rugendo rw’ubuhanzi bwe, ari uguharanira “kwiteza imbere ndetse no guteza imbere urubyiruko.”

Avuga ko yishimiye kuba yaratangiye kwamamara ndetse ko n’iwabo mugace atuyemo babyakiriye neza.

Ati “N’ab’iwacu barampamagara bakambwira ngo ‘courage kabisa’.”

Vava waje muri Kigali aturutse mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Nyamasheke, ubwo yari aje kumenyekanisha ibihangano bye, avuga ko asanzwe afite indirimbo yise i Roma kandi ko ikunzwe cyane, ubu akaba yatangiye kuyitunganyiriza muri studio ndetse akaba yatangiye no kuyifatira amashusho.

KURIKIRA IKIGANIRO TWAGIRANYE MU MAKURU

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − six =

Previous Post

Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Next Post

Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Related Posts

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

IZIHERUKA

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?
IMIBEREHO MYIZA

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.