Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibyo ndimo si urwenya ndashaka ko ubuhanzi bwanjye bunteza imbere bukanateza imbere urubyiruko-‘Dore Imbogo’

radiotv10by radiotv10
29/07/2022
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibyo ndimo si urwenya ndashaka ko ubuhanzi bwanjye bunteza imbere bukanateza imbere urubyiruko-‘Dore Imbogo’
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiransengiyumva Valentine ukomeje kwamamara mu ndirimbo ‘Dore imbogo dore Imapala,…twamwakiriye live mu makuru, avuga ko ubuhanzi bwe bugamije kwiteza imbere no guteza imbere urubyiruko.

Uyu mukobwa umaze kuba ikimenyabose ku bakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda, mu kiganiro yagiranye na TV10 mu makuru yatambutse mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, yavuze ko asanzwe ari umuhanzi.

Ubuhanzi bwe buzwi na benshi ubu ni ubw’indirimbo ‘Dore imbogo dore imvubu dore impala, uhuhuuuuu…” aho iyi ndirimbo ikomeje kwamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Muri iki kiganiro na TV10 yakoze mu muhogo aturirimbira iyi ndirimbo ndetse asobanura ko yayiririmbye kubera inyamaswa ziba muri Pariki y’Igihugu y’Akagera zisanzwe zibana neza yaba into ndetse n’inini.

Vava avuga ko ibi bihangano bye atari urwenya ahubwo ko ari ubuhanzi bushingiye ku byo agenda abona bifatika.

Ati “Nkora indirimbo nshingiye ku byo mbona ku byo numvise by’ukuri.”

Avuga ko intego ye muri uru rugendo rw’ubuhanzi bwe, ari uguharanira “kwiteza imbere ndetse no guteza imbere urubyiruko.”

Avuga ko yishimiye kuba yaratangiye kwamamara ndetse ko n’iwabo mugace atuyemo babyakiriye neza.

Ati “N’ab’iwacu barampamagara bakambwira ngo ‘courage kabisa’.”

Vava waje muri Kigali aturutse mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Nyamasheke, ubwo yari aje kumenyekanisha ibihangano bye, avuga ko asanzwe afite indirimbo yise i Roma kandi ko ikunzwe cyane, ubu akaba yatangiye kuyitunganyiriza muri studio ndetse akaba yatangiye no kuyifatira amashusho.

KURIKIRA IKIGANIRO TWAGIRANYE MU MAKURU

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Teta Sandra wamamaye mu Rwanda yateye utwatsi ibyo gukubitwa n’umugabo we Weasel akamwangiza isura

Next Post

Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Related Posts

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

by radiotv10
25/05/2026
0

Most people think about health and money as two separate conversations. Health is about what you eat, how much you...

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

by radiotv10
23/05/2026
0

Umuvangamiziki DJ Pinky uri mu bagezweho mu Rwanda, nyuma yo kugaragara mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka, yagizwe...

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

by radiotv10
23/05/2026
0

Not all time off is rest. Sometimes a whole weekend passes, and you still feel tired, not because you were...

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

by radiotv10
22/05/2026
0

Kwizera Emelyne wamamaye nka ‘Ishanga’ wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko yari yarabaswe n’ingeso zirimo ubusambanyi, ariko ubu yamaze...

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

by radiotv10
21/05/2026
0

Urubanza rw’ubujurire ku ifungwa rya Eric Semuhungu ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gusambanya abahungu bagenzi be, rwashyizwe mu muhezo ku mpamvu...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Ryizemo Ibikomangoma bibiri by’u Bwongereza, Gaddafi,…-Ibigwi by’ishuri rigiye kurangizamo Ian Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.