Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Expo2022: Abacuruzi batangiye kumwenyura ngo ubwitabire bw’abakiliya buraruta ubw’ubushize
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2022, baravuga ko ubwitabire bw’abaza guhaha buri hejuru ugereranyije n’uko byari bimeze muri Expo ebyiri ziheruka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wagiye ahari kubera iri murikagurisha i Gikondo, yasanze urujya n’uruza ruri hejuru, abaje guhaha, bishimye ari na ko bakiranwa ubwuzu n’abamurika.

Ibikoresho byo mu rugo, imyambaro, ibyo kurya n’ibyo kunywa byose biri muri iri murikagurisha, ndetse buri wese yahitiraga ahaherereye ibyo agiye guhaha.

Uwaje kumurika amakara yo gutekesha, avuga ko nubwo hashize iminsi micye iri murikagurisha ritangiye ariko abakiliya bari kuboneka ku kigero gishimishije.

Yagize ati “Ubu turabona abantu baza muri Expo nubwo atari benshi cyane ariko uko iminsi igenda itambuka, bazaba ari benshi, bazaba bamaze no kumenya aya makara yacu kuko ari agamije kurengera ibidukikije.”

Umukozi w’uruganda rukora amagodora yo kuryamaho, avuga ko ubwitabire bw’abaguzi buri hejuru agereranyije n’uko bwari bumeze ubushize.

Ati “Tugereranyije na Expo y’ubushize urabona ko ubu harimo impinduka cyane kuko kuko igipimo cy’abaguzi cyariyongereye ugereranyije n’ubushize, nko mu minsi ya mbere, birasa neza ntakibazo.”

Undi uri kumurika imyambaro muri iri murikagurisha, avuga ko kubera igabanuka rya COVID-19, abakiliya bari kwitabira ku bwinshi.

Ati “Uko byagendaga kubera COVID si ko biri kugenda ubu, nk’umwaka ushize bwo byari bibi cyane kuko twasoje tudacuruje ubu hari ikizahinduka kuko imirimo iri gukorwa.”

Umushoramari waturutse muri Denmark uri kumurika ibikoresho bitanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, yavuze ko yitabiriye iri murikagurisha riri kubera mu Rwanda kuko ari Igihugu gikomeje gutanga urugero rwiza mu korohereza ishoramari.

Yagize ati “Nabanje kuza mu Rwanda muri Gashyantare uyu mwaka wa 2022, abandi bashoramari bakambwira ko gukorera hano ari byiza, mfata umwanzuro gutyo.”

Theoneste Ntagengerwa, Umuvugizi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwateguye iri murikagurisha, ashimangira ibyatangajwe n’abamurika ko ugereranyije nuko ubwitabire bwari bumeze mu myaka ibiri ishize, ubu hari impinduka.

Yagize ati “Ryatangiye ubona ko hari impinduka ugereranyije uko amamurikagurisha abiri ashize yari ameze, hari n’ingamba zorohejwe zanatumye serivisi zitajyaga zibonekamo mu myaka ibiri ishize zigarukamo.”

Avuga ko nk’ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’imikino y’abana itaragaragaye mu myaka ibiri ishize, ubu byagarutsemo ku buryo byanongereye ubwitabire bwaba ari ubw’abamurika n’ubw’abaza guhaha.

Theoneste Ntagengerwa uvuga ko n’Ibihugu byitabira iri murikagurisha byiyongereye, yasabye abaturage kwitabira bakaza kwihahira kuko uretse kuba harimo byinshi bakeneye ariko n’ibiciro biba biri hasi ugereranyije n’uko biba bihagaze ahandi.

Abari kuza guhaha baramwenyura
Uri kumurika amakara yo gucana avuga ko abakiliya bari kuboneka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Next Post

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Related Posts

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.