Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Buchanan Ismael, impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza mu bya politiki, avuga ko raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye ishinja u Rwanda gufasha M23, hari byinshi bishobora kuba biyihishe inyuma birimo kuba DRC yatanga ruswa kugira ngo ikomeze kwanduza isura y’u Rwanda.

Tariki 04 Kanama 2022, hasakaye amakuru avuga ko raporo y’impuguke z’umuryango w’Abibumbye igaragaza ibimenyetso bikomeye byerekana ko ingabo z’u Rwanda zafashije umutwe wa M23.

Ni amakuru yatangajwe n’Ibiro ntaramakuru mpuzamahanga, yanashyigikiwe na Guverinoma ya Congo yongeye kuzamura ibirego ishinja u Rwanda.

Gusa u Rwanda rwavuze ko rudashobora gutanga ibitekerezo kuri raporo itasohowe n’ababifitiye ububasha, yamaganiye kure ibi binyoma, ivuga ko bigamije kugoreka ukuri kwa nyako guhari.

Impunguke mu bya politiki Dr Buchanan Ismael akaba n’umwarimu muri Kaminuza, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ibikubiye muri iriya raporo ari ibicurano ahubwo ko hari byinshi biyihishe inyuma kuko hari iyari iherutse gusohorwa na MONUSCO yemeje ko nta ngabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa Congo.

Ati “None kuki inzobere za UN zitagendeye ku byo MONUSCO nkuko bavuga ngo n’abatangabuhamya babyiboneye n’amaso cyangwa se abo babajije, ibyo MONUSCO ntabwo bo bafite inzobere zabishobora?”

Akomeza agaragaza ibyihishe inyuma iriya raporo, Dr Buchana yakomeje agira ati “Ikindi, kuki se Congo itabigiramo uruhare niba biyiha inyungu zikomeye ngo…Congo ifite ubushobozi bwo gufata amafaranga ikayashyiramo ikayaha uwo ari we wese, ntuzi se ko ruswa yamunze kiriya Gihugu ku mugaragaro ku buryo gusohora raporo yatuma u Rwanda rucibwa amazi ku byo rumaze kuvuga. Ibyo rwose gutanga amafaranga muri Congo ni ibintu bimenyerewe.”

Akomeza kandi avuga ko iyi raporo ishobora no gucurwa n’Umuryango w’Abibumbye igamije guhuma amaso abakomeje kwamaganga ingabo ziri mu butumwa bwawo bwa MONUSCO zimaze iminsi zotswa igitutu n’abaturage baherutse gukora imyigaragambyo yo kuzamagana.

Ati “Reba iriya raporo yasohotse nta n’ikiragerwaho ariko wabonye ko imvururu zagiye zihosha. Ubwo rero ni ukuvuga ngo MONUSCO igiye kuryaho inshuro ya kabiri mu gihe bari bagiye kuyivana muri Congo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta na we aherutse kuvuga kuri iyi raporo, avuga ko amakuru bivugwa ko ayikubiyemo ari ibinyoma.

Dr Biruta kandi yaboneyeho kunenga izo nzobere z’Umuryango w’Abibumbye zayikoze, zirengagije ikibazo cy’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda ukaba unaherutse gutera ibisasu byaguye mu Rwanda bikanakomeretsa bamwe mu banyarwanda.

Yavuze ko mu burasirazuba bwa DRCongo habarizwa imitwe yitwaje intwaro irenga 130 ariko ko ziriya nzobere zabonye uwa M23 kuko zari zifite ubutumwa bwo kuwuhuza n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + ten =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose

Next Post

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Related Posts

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

IZIHERUKA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.