• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Buchanan Ismael, impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza mu bya politiki, avuga ko raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye ishinja u Rwanda gufasha M23, hari byinshi bishobora kuba biyihishe inyuma birimo kuba DRC yatanga ruswa kugira ngo ikomeze kwanduza isura y’u Rwanda.

Tariki 04 Kanama 2022, hasakaye amakuru avuga ko raporo y’impuguke z’umuryango w’Abibumbye igaragaza ibimenyetso bikomeye byerekana ko ingabo z’u Rwanda zafashije umutwe wa M23.

Ni amakuru yatangajwe n’Ibiro ntaramakuru mpuzamahanga, yanashyigikiwe na Guverinoma ya Congo yongeye kuzamura ibirego ishinja u Rwanda.

Gusa u Rwanda rwavuze ko rudashobora gutanga ibitekerezo kuri raporo itasohowe n’ababifitiye ububasha, yamaganiye kure ibi binyoma, ivuga ko bigamije kugoreka ukuri kwa nyako guhari.

Impunguke mu bya politiki Dr Buchanan Ismael akaba n’umwarimu muri Kaminuza, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ibikubiye muri iriya raporo ari ibicurano ahubwo ko hari byinshi biyihishe inyuma kuko hari iyari iherutse gusohorwa na MONUSCO yemeje ko nta ngabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa Congo.

Ati “None kuki inzobere za UN zitagendeye ku byo MONUSCO nkuko bavuga ngo n’abatangabuhamya babyiboneye n’amaso cyangwa se abo babajije, ibyo MONUSCO ntabwo bo bafite inzobere zabishobora?”

Akomeza agaragaza ibyihishe inyuma iriya raporo, Dr Buchana yakomeje agira ati “Ikindi, kuki se Congo itabigiramo uruhare niba biyiha inyungu zikomeye ngo…Congo ifite ubushobozi bwo gufata amafaranga ikayashyiramo ikayaha uwo ari we wese, ntuzi se ko ruswa yamunze kiriya Gihugu ku mugaragaro ku buryo gusohora raporo yatuma u Rwanda rucibwa amazi ku byo rumaze kuvuga. Ibyo rwose gutanga amafaranga muri Congo ni ibintu bimenyerewe.”

Akomeza kandi avuga ko iyi raporo ishobora no gucurwa n’Umuryango w’Abibumbye igamije guhuma amaso abakomeje kwamaganga ingabo ziri mu butumwa bwawo bwa MONUSCO zimaze iminsi zotswa igitutu n’abaturage baherutse gukora imyigaragambyo yo kuzamagana.

Ati “Reba iriya raporo yasohotse nta n’ikiragerwaho ariko wabonye ko imvururu zagiye zihosha. Ubwo rero ni ukuvuga ngo MONUSCO igiye kuryaho inshuro ya kabiri mu gihe bari bagiye kuyivana muri Congo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta na we aherutse kuvuga kuri iyi raporo, avuga ko amakuru bivugwa ko ayikubiyemo ari ibinyoma.

Dr Biruta kandi yaboneyeho kunenga izo nzobere z’Umuryango w’Abibumbye zayikoze, zirengagije ikibazo cy’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda ukaba unaherutse gutera ibisasu byaguye mu Rwanda bikanakomeretsa bamwe mu banyarwanda.

Yavuze ko mu burasirazuba bwa DRCongo habarizwa imitwe yitwaje intwaro irenga 130 ariko ko ziriya nzobere zabonye uwa M23 kuko zari zifite ubutumwa bwo kuwuhuza n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + thirteen =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose

Next Post

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.