Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose

radiotv10by radiotv10
08/08/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ibyishimo by’umwuzukuru wa kabiri, yifashishije ifoto y’umwuzukuru mukuru ateruye umuto, bigaragara ko na we afite akanyamuneza.

Umukuru w’u Rwanda yagaragaje ibi byishimo mu ifoto yashyize kuri Twitter kuri uyu wa Mbere tariki 08 Kanama 2022.

Ni ifoto y’imfura ya Ange Ingabire Kagame na Bertrand Ndengeyingoma, ateruye umuvandimwe we uherutse kuvuka.

Iyi foto igaragaza akanyamuneza k’umwana mukuru wa Ange Kagame wishimiye kwakira umuvandimwe we, yashyizwe na Perezida Paul Kagame kuri Twitter.

That….😍 pic.twitter.com/INW140haJP

— Paul Kagame (@PaulKagame) August 8, 2022

Perezida Paul Kagame yashyizeho ubutumwa buto bugaragaza ko na we yishimiye aba buzukuru be bombi aho yashyizeho ijambo “that [ngibyo]” ubundi ashyiraho akarangabyiyumviro [emoji] kagaragaza ko yishimye.

Perezida Paul Kagame kandi yari aherutse kugaragaza nanone ifoto y’umwuzukuru mukuru ateruye umuto ari na bwo byamenywaga na benshi ko Ange Kagame na Bertrand Ndegengeyigoma bibarutse ubuheta.

Iyi foto yashyize kuri Twitter tariki 20 Nyakanga 2022, Perezida Kagame yari yashyizeho ubutumwa agira ati “Mwishyuke Ange na Bertrand.”

Ange Kagame na Bertrand bibarutse imfura yabo tariki 19 Nyakanga 2020, bakoze ubukwe tariki 06 Kamena 2019, mu bukwe bwabereye kuri Convention Center mu Mujyi wa Kigali.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Bobi Wine na Besigye batsinzwe amatora ya Perezida bagiye kuba Indorerezi mu yo muri Kenya

Next Post

Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke

Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.