Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in Uncategorized
0
Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba avuga ko Igisirikare cy’iki Gihugu ari icya mbere cyiza ku Isi, mu gihe hari uwahise amubaza impamvu abona gitozwa n’Abanyamerika n’Abarusiya, cyo kikaba kitabatoza.

Muhoozi usanzwe ari Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bikorwa byihariye bya Gisirikare, akaba n’umuhungu we, mu butumwa yanyujije kuri Twitter yavuze ibigwi Igisirikare cy’iki Gihugu.

Yagize ati “Ndakemera ko UPDF ari cyo gisirikare cyiza ku Isi. Umusirikare wa Uganda ni we ukomeye ku Isi.”

Bamwe mu basanzwe bashyigikiye Muhoozi n’ubutegetsi bwa Se Museveni, bahise na bo bavuga ibigwi bya UPDF, bemeza ko kubera ikinyabupfura n’ubunyamwuga bikiranga, uyu musirikare ukomeye muri Uganda atigeze abeshya.

Gusa hari n’abahise bamugaragariza ko ibyo yavuze yarengereye ko UPDF itaba igisirikare cya mbere cyiza ku Isi.

Uwitwa Papa Hammer yagize ati “Ko mpora mbona abo muri Korea ya Ruguru, Abarusiya, Abanyamerika ndetse n’Abanya-Israel ari bo batoza UPDF ariko nkaba ntarabona UPDF itoza ibyo bisirikare bindi.”

Si ubwa mbere Gen Muhoozi avuze ibigwi Igisirikare cya Uganda, gusa mu minsi ishize yari aherutse kuvuga ko UPDF na RDF ari byo bisirikare bya mbere bikomeye.

Kuri ubu butumwa yatanze avuga ko UPDF ari cyo gisirikare cya mbere cyiza ku Isi, hari uwahise amubaza niba yarahinduye uko yabibonaga.

Uwitwa Filip Reyntjens yagize ati “Ko nigeze kumva wemeza ko Igisirikare cy’u Rwanda na cyo ari cyiza. Waba wahinduye ibitekerezo?”

Muhoozi wavuze ko yishimira kuba yaragize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi, yanatangaje ko umwe mu muhigo yesheje mu rugendo rwa Gisirikare ari ukunga ubumwe bwa RDF na UPDF.

Aherutse gutangaza kandi ko ubu bumwe bushobora no kuzifashishwa mu guhashya umutwe wa FDLR wongeye kubura ibikorwa byawo ubifashishimwe na FARDC, aho yavuze ko uyu mutwe nukomeza ibikorwa byawo, uzatswaho umuriro n’ubufatanye bw’ibi bisirikare by’Ibihugu byombi [RDF na UPDF].

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + ten =

Previous Post

IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye

Next Post

Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.