Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in Uncategorized
0
Igisubizo gitangaje cyahawe Muhoozi wavuze ko UPDF ari Isirikare cya mbere ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba avuga ko Igisirikare cy’iki Gihugu ari icya mbere cyiza ku Isi, mu gihe hari uwahise amubaza impamvu abona gitozwa n’Abanyamerika n’Abarusiya, cyo kikaba kitabatoza.

Muhoozi usanzwe ari Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bikorwa byihariye bya Gisirikare, akaba n’umuhungu we, mu butumwa yanyujije kuri Twitter yavuze ibigwi Igisirikare cy’iki Gihugu.

Yagize ati “Ndakemera ko UPDF ari cyo gisirikare cyiza ku Isi. Umusirikare wa Uganda ni we ukomeye ku Isi.”

Bamwe mu basanzwe bashyigikiye Muhoozi n’ubutegetsi bwa Se Museveni, bahise na bo bavuga ibigwi bya UPDF, bemeza ko kubera ikinyabupfura n’ubunyamwuga bikiranga, uyu musirikare ukomeye muri Uganda atigeze abeshya.

Gusa hari n’abahise bamugaragariza ko ibyo yavuze yarengereye ko UPDF itaba igisirikare cya mbere cyiza ku Isi.

Uwitwa Papa Hammer yagize ati “Ko mpora mbona abo muri Korea ya Ruguru, Abarusiya, Abanyamerika ndetse n’Abanya-Israel ari bo batoza UPDF ariko nkaba ntarabona UPDF itoza ibyo bisirikare bindi.”

Si ubwa mbere Gen Muhoozi avuze ibigwi Igisirikare cya Uganda, gusa mu minsi ishize yari aherutse kuvuga ko UPDF na RDF ari byo bisirikare bya mbere bikomeye.

Kuri ubu butumwa yatanze avuga ko UPDF ari cyo gisirikare cya mbere cyiza ku Isi, hari uwahise amubaza niba yarahinduye uko yabibonaga.

Uwitwa Filip Reyntjens yagize ati “Ko nigeze kumva wemeza ko Igisirikare cy’u Rwanda na cyo ari cyiza. Waba wahinduye ibitekerezo?”

Muhoozi wavuze ko yishimira kuba yaragize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara igihe urimo igitotsi, yanatangaje ko umwe mu muhigo yesheje mu rugendo rwa Gisirikare ari ukunga ubumwe bwa RDF na UPDF.

Aherutse gutangaza kandi ko ubu bumwe bushobora no kuzifashishwa mu guhashya umutwe wa FDLR wongeye kubura ibikorwa byawo ubifashishimwe na FARDC, aho yavuze ko uyu mutwe nukomeza ibikorwa byawo, uzatswaho umuriro n’ubufatanye bw’ibi bisirikare by’Ibihugu byombi [RDF na UPDF].

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

IFOTO: Si iby’i Nyamirambo gusa no muri Kenya Isuyume yarikoroje…Yagiye gutora Perezida ayikenyeye

Next Post

Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Umunyapolitiki wari inkoramutima ya Tshisekedi uherutse guhagukira kumurwanya akanamutuka yafunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.