Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bo mu Karere ka Rwamagana bafatanywe ibihumbi 45 Frw y’amiganano nyuma yuko umwe muri bo anyweye inzoga mu kabari akishyura inoti ya 5 000 Frw y’amiganano agahita avuga uwayamuhaye.

Aba bagabo babiri bafashwe saa yine z’amanywa ku wa Mbere tariki 08 Kanama 2022, mu Mudugudu wa Shaburondo, Akagari ka Bwisanga mu Murenge wa Gishari.

Aba bafashwe barimo uw’imyaka 34 y’amavuko n’undi wa 33 bakaba barahise bashyikirizwa urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Gishari kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha bakurikiranyweho.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko kugira ngo bafatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’umucuruzi wari wishyuwe n’umwe muri bo amafaranga y’amahimbano.

Avuga ko uyu mucuruzi wo mu kabari gaherereye mu Mudugudu wa Shaburondo, yari agiye kwishyurwa inoti ya bitanu n’umwe muri aba bagabo, yabonye ari inyiganano.

Yagize ati “Yari agiye kwishyura icupa ry’inzoga yari amaze kunywa, yatanze inoti ya bitanu ngo bamugarurire, nyiri akabari yitegereje asanga ari amiganano. Hahise hatangira ibikorwa byo kumufata tuza gusanga afite n’izindi noti ebyiri za 5000 nazo z’amiganano ni ko guhita atabwa muri yombi.”

SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko uyu wari umaze gufatwa yavuze undi mugabo wamuhaye ariya mafaranga “wari wamwemereye ko bazajya bagabana namara kuyavunjisha, na we wahise ashakishwa agafatanwa andi mafaranga y’amiganano ibihumbi 30 agizwe n’inoti esheshatu za bitanu.”

Uyu muvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, avuga ko uyu wafashwe nyuma yisobanuye na we avuga ko ariya mafaranga yayahawe n’umuntu utuye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro ariko yanga kuvuga amazina ye.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Ingingo ya 269 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; Umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

Next Post

Yajyanye mu nkiko umugore we kubera kubyara umwana ‘udashamaje’ amwaka Miliyoni 120Frw

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
14/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

IZIHERUKA

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali
MU RWANDA

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

14/08/2025
Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

13/08/2025
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yajyanye mu nkiko umugore we kubera kubyara umwana ‘udashamaje’ amwaka Miliyoni 120Frw

Yajyanye mu nkiko umugore we kubera kubyara umwana ‘udashamaje’ amwaka Miliyoni 120Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.