Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Blinken utegerejwe mu Rwanda yahuye na Tshisekedi avuga ikintu gikomeye kuri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken utegerejwe mu Rwanda aho ahagera avuye muri DRC, nyuma yo kubonana na Perezida Felix Tshisekedi, yavuze ko iki Gihugu ari umufatanyabikorwa w’ingenzi mu nzego zinyuranye.

Antony Blinken wageze muri DRC ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama ubwo yari avuye muri Afurika y’Epfo, yakiriwe na Perezida Felix Tshisekedi, bagirana ibiganiro byagarutse ku bufatanye mu kuzamura ihame rya Demokarasi ndetse no ku kibazo cy’umutekano mucye umaze iminsi mu burasirazuba bwa Congo.

Nyuma yo kubonana na Tshisekedi, Blinken yagize ati “Nishimiye guhura Perezida wa DRC Tshisekedi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Lutundula.”

Yakomeje agira ati “DRC ni umufatanyabikorwa w’ingirakamaro mu guteza imbere umutekano n’ituze, mu kuzamura Demokarasi no mu iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ndetse no kurushaho guteza imbere ihame ryo kugendera ku mategeko no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.”

Blinke yagiranye ibiganiro byihariye na Tshisekedi

Antony Blinken kandi yaboneyeho gushimira byumwihariko Perezida Tshisekedi, uburyo yakiriwe ndetse “Twagiranye ibiganiro bitanga umusaruro ku mutekano w’akarere, ku bijyanye n’ikirere, ku matora anyuze mu mucyo n’ituze, kubaka inzego za demokarasi no kuzamura ihame ryo kugendera ku mategeko.”

Blinken kandi ari kumwe na rurangiranwa mu mukino wa Basketball Dikembe Mutombo bahuye na bamwe mu bahanzi bo muri iki Gihugu cya Congo, aho babaririmbiye.

Blinken yagize ati “Nk’umunyamuziki nkanjye, nzi akamaro umuziki ugira mu guhuza abantu ndetse no gutuma bisanzuranaho. Ni ukuri nishimiye aba bahanzi.”

Antony Blinken umaze iminsi agenderera Ibihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika, biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama agera no mu Rwanda aho yanahamije ko kimwe mu bizanye ari ikibazo cya Rusesabagina Paul wahamijwe ibyaha by’Iterabwoba ariko Leta Zunze Ubumwe za America zikaba zikomeje kugaragaza kwifuza ko yarekurwa.

We n’itsinda ayoboye bakiriwe na Tshisekedi
Yari kumwe na mugenzi we Christophe Lutundula
Blinken ari kumwe na Mutombo bacurangiwe
Yavuze ko umuziki ugira uruhare mu guhuza abantu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Umugabo wishe ababyeyi be ubu nawe ntakiri mu Isi y’abazima, menya uko yishwe

Next Post

Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi

Related Posts

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

IZIHERUKA

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi
IBYAMAMARE

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

12/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi

Rwamagana: Yafatiwe mu kabari yishyura amafaranga y’amigano ahita avuga uwayamuhaye bombi batabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.