• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro yazo, no gutuma ritagaragara cyane nk’uko iryari ririho ryari rimeze.

Ni nyuma yuko kuva mu ntangiro z’uku kwezi, impuzankano y’Ingabo z’u Rwanda yagaragayeho impinduka ku ibendera riba riri ku kaboko k’ibumoso.

Iri bendera ry’u Rwanda, rigaragara mu mabara asanzwe yaryo, ariko yijimye, bitandukanye n’uko byari bisanzwe, kuko iryari risanzweho ryagaragaraga mu mabara yerurutse.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga; yatangaje ko impinduka zakozwe ku mpuzankano ya RDF, ari kuri iri bendera gusa, aho ryashyizwe mu mabara yijimye. Ati “Ka kandi karabonaga cyane, aka karijimye. Ntakindi.”

Yakomeje agaragaza impamvu, ko ari “ukuvanaho ariya mabara acyeye, nk’uko n’impuzankano twavuye ku mabara amwe tukajya ku yandi, kugira ngo ntabone cyane nk’uko yabonaga.”

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga, avuga ko “Ubundi impuzankano ya gisirikare igomba kugira camouflage [kuba ikintu kitagaragara cyane].”

Muri 2015, Ingabo z’u Rwanda zari zahinduye impuzankano zazo, aho abasirikare bahawe iyo mu bwoko butatu, yambarwa bitewe n’ibikorwa baba barimo, irimo iyo mu kazi ko mu biro, iyo hanze y’ibiro n’iyo birori.

Mu ntangiro za 2023 kandi Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwakoze impinduka ku miterere y’amwe mu mapeti, kuva ku yo ku rwego rwo hasi kugera ku Bofisiye bato, nk’urugero aho ku yari asanzwe ari udasharu tugonze, yashyizweho akamenyetso gasa nk’umutemere.

Icyo gihe kandi amapeti yatangiye kujya yambarwa mu gituza aho kuba ku ntugu, bikorwa mu bihe runaka, aho na byo byakozwe hagamijwe ibizwi nka camouflage kuko aya mapeti yambawe mu gituza adahita yigaragaza nk’uko biba bimeze iyo yambawe ku ntugu.

Uko ibendera ririho ubu risa. Maj Gen Alexis Kagame-Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara
Iryari risanzweho ryari ryagaragaraga cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Next Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.