Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko ko bisaba ko na Congo ibigenza uko byumwihariko ku ngingo yo kurandura umutwe wa FDLR, igihe itabikoze, u Rwanda na rwo rwiteguye gukomeza gukora ibikwiye bigamije kurinda Abanyarwanda.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Nyakanga 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yabajijwe ku Masezerano y’Amahoro Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zasinyiye muri Leta Zunze Ubumwe za America ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye ubutegetsi bwa Donald Trump, kuba bwo bwaragagaje ubushake bwo gushaka umuti w’ibibazo bubihereye mu mizi.

Yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America zitashyize imbere ingingo imwe irebana n’Ubukungu, ahubwo ko hitawe ku ngingo eshatu zishinze imizi kuri ibi bibazo, zirimo izijyanye na Politiki, izijyanye n’Umutekano ndetse n’Ingingo y’Ubukungu.

Perezida Kagame yavuze ko abantu benshi bakunze guhanga amaso ku ngingo irebana n’umutungo kamere w’amabuye y’agaciro ari muri kiriya Gihugu, bakirengegiza umuzi wabyo, urimo n’ikibazo cy’umutwe wa FDLR cyanatumye havuka M23 yagizwe ikibazo ubu.

Yavuze ko kurenga ku muzi w’ibi bibazo hagafatwa ibyemezo bidafite aho bihuriye n’ibyazana igisubizo, nko guhora bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, cyangwa kurufatira ibihano, bidashobora kuzana umuti.

Mu masezerano yashyiriweho umukono i Washington DC mu cyumweru gishize, harimo ingingo irebana no kurandura umutwe wa FDLR umaze igihe ukorana n’ubutegetsi bwa Congo unagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Harimo kandi n’ingingo irebana no gusaba u Rwanda gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije mu kurinda ubusugire bw’Igihugu umutekano wacyo n’uw’abagituye.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko uko byagenda kose ikibazo cy’uyu mutwe wa FDLR kigomba kujya ku ruhande, kandi kidakemutse, u Rwanda ntakizarubuza gukomeza gukaza izo ngamba rwashyizeho.

Ati “Igihe ikibazo cya FDLR kidakemutse kandi twaragaragaje mu masezerano uburyo kigomba gukemuka, bizaba bivuze ko FDLR izakomeza kuba hariya, n’u Rwanda na rwo ruzakomeza ibyo rukwiye gukora igihe cyose FDLR iteje impungenge umutekano w’umupaka wacu.”

Perezida Kagame avuga ko impande zashyize umukono kuri aya masezerano zikwiye gukora ibyo zemeye, kandi ko u Rwanda ruzabikora uko byakabaye, ariko ko igihe urundi ruhande rutabikora, na rwo [u Rwanda] ruzakora ibishoboka kugira ngo rurinde umutekano warwo.

Ati “Twe dufite izo nshingano, kandi tuzazikomeza, twagaragaje impungenge zacu, kandi hari byinshi twemeranyijweho tugomba gukorana n’abandi, rero tuzabikora, ntuzigera ubona u Rwanda ruhangana no kudashyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje gukora, ariko uruhande tugomba gukorana, nirujya mu by’amacenga rugakomerezaho ku kibazo, rwose tuzakomeza guhangana n’ikibazo nk’uko n’ubundi twabigenje.”

 

U Rwanda rwiteguye ku mpu zombi

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo si rimwe cyangwa kabiri, yagiye irenga ku byabaga biri mu masezerano yishyiriyeho umukono ubwayo.

Perezida Kagame avuga ko kuri aya masezerano y’i Washington, u Rwanda ruzakora ibishoboka byose kugira ngo rushyire mu bikorwa ibyo rwemeye.

Ati “Ariko bimwe bihera ku by’abandi bakora na bo twemeranyije. Iyo badakora ibyo twemeranyije, ubwo birumvikana ko bifite ingaruka ku byo natwe tugomba gukora kuko tugomba kubikora ari uko n’abandi bujuje uruhande rwabo.”

Avuga ko mu gihe izi nzira na zo zitakora, hazakomeza gushakwa izindi nzira zatuma ibibazo bihari bibonerwa umuti, ariko ko no mu gihe bigihari, hazashyirwaho ingamba zo gutuma bitagira ingaruka ku Banyarwanda.

Ati “Igihe inzira yo gukemura ibibazo uko bikwiye kuba bikemuka itaraboneka, u Rwanda na rwo ruzakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo rurinde Abanyarwanda, rurinde Igihugu, aho kubura umutekano bitewe n’uko abandi twumvikanye batuzuza ibyangombwa.”

Umukuru w’Igihugu avuga ko u Rwanda rutahwemye gukomeza gushaka uburyo ibibazo byakemuka binyuze mu nzira z’amahoro kandi habanje kurebwa umuzi w’ibibazo, bityo ko ruzanakomeza gushakisha uburyo byagerwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 10 =

Previous Post

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Next Post

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.