Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego
Share on FacebookShare on Twitter

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine kivuga ko ibisasu cyarashweho ari byo byinshi kuva iyi ntambara yatangira.

Ukraine yavuze ko u Burusiya bwarashe ibisasu bya 550 n’ibisasu 11 bya misile mu ijoro ryacyeye, akaba ari na byo bisasu byinshi birashwe n’u Burusiya kuva iyi ntambara yatangira.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, yamaganye ibi bitero byagabwe kuri Kyiv, ndetse avuga ko “Moscou igomba gufatirwa ibihano bikarishye kandi bidatinze.”

Ibi bitero bibaye nyuma y’amasaha macye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, avuganye kuri telefone na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Icyakora Nyuma y’icyo kiganiro, Trump yavuze ko yatengushywe no kuba Putin atiteguye kurangiza intambara ihanganishije Igihugu cye na Ukraine, ndetse agaragaza ko atitaye ku butumwa bwose bw’amahanga bumusaba guhagarika iyi ntambara, bityo Trump avuga ko “nta ntambwe n’imwe iraterwa mu kurangiza iyi ntambara.”

Perezida Trump, yagize ati “Natunguwe n’ikiganiro nagiranye uyu munsi na Perezida Putin, kuko mbona adafite ubushake, kandi yantengushye cyane.”

Yakomeje agira ati “Ndavuga gusa ko mbona adashaka guhagarika intambara, kandi ibyo ni ibintu bibabaje.”

Mu gihe Trump agaragaza gutenguhwa, ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Kremlin, byongeye gutangaza ko iki Gihugu gishaka gukemura ikibazo mu mizi bahereye ku cyatumye intambara yo muri Ukraine itangira.

Ni mu gihe mu cyumweru gishize Perezida Vladimir Putin yatangaje ko u Burusiya bugomba kwigarurira Ukrain ikayomeka ku ntara zayo.

Ku rundi ruhande ariko, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, na we yavuze ko yizeye kuvugana na Trump, ku bijyanye no gukomeza guhabwa intwaro na Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko Washington ifashe icyemezo cyo guhagarika zimwe mu ntwaro z’ingenzi zari zigenewe Ukraine.

Umujyi wa Kyiv wagaragaje impungenge, uvuga ko icyo cyemezo kizabangamira cyane ubushobozi bwo kwirwanaho ku bitero by’indege bikomeje kwiyongera no ku rugamba aho ingabo z’uburusiya ziri kurwanira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.