Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego
Share on FacebookShare on Twitter

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine kivuga ko ibisasu cyarashweho ari byo byinshi kuva iyi ntambara yatangira.

Ukraine yavuze ko u Burusiya bwarashe ibisasu bya 550 n’ibisasu 11 bya misile mu ijoro ryacyeye, akaba ari na byo bisasu byinshi birashwe n’u Burusiya kuva iyi ntambara yatangira.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, yamaganye ibi bitero byagabwe kuri Kyiv, ndetse avuga ko “Moscou igomba gufatirwa ibihano bikarishye kandi bidatinze.”

Ibi bitero bibaye nyuma y’amasaha macye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, avuganye kuri telefone na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Icyakora Nyuma y’icyo kiganiro, Trump yavuze ko yatengushywe no kuba Putin atiteguye kurangiza intambara ihanganishije Igihugu cye na Ukraine, ndetse agaragaza ko atitaye ku butumwa bwose bw’amahanga bumusaba guhagarika iyi ntambara, bityo Trump avuga ko “nta ntambwe n’imwe iraterwa mu kurangiza iyi ntambara.”

Perezida Trump, yagize ati “Natunguwe n’ikiganiro nagiranye uyu munsi na Perezida Putin, kuko mbona adafite ubushake, kandi yantengushye cyane.”

Yakomeje agira ati “Ndavuga gusa ko mbona adashaka guhagarika intambara, kandi ibyo ni ibintu bibabaje.”

Mu gihe Trump agaragaza gutenguhwa, ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Kremlin, byongeye gutangaza ko iki Gihugu gishaka gukemura ikibazo mu mizi bahereye ku cyatumye intambara yo muri Ukraine itangira.

Ni mu gihe mu cyumweru gishize Perezida Vladimir Putin yatangaje ko u Burusiya bugomba kwigarurira Ukrain ikayomeka ku ntara zayo.

Ku rundi ruhande ariko, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, na we yavuze ko yizeye kuvugana na Trump, ku bijyanye no gukomeza guhabwa intwaro na Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko Washington ifashe icyemezo cyo guhagarika zimwe mu ntwaro z’ingenzi zari zigenewe Ukraine.

Umujyi wa Kyiv wagaragaje impungenge, uvuga ko icyo cyemezo kizabangamira cyane ubushobozi bwo kwirwanaho ku bitero by’indege bikomeje kwiyongera no ku rugamba aho ingabo z’uburusiya ziri kurwanira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + seventeen =

Previous Post

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.