Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

radiotv10by radiotv10
17/01/2026
in MU RWANDA
0
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona abakozi b’iyi kaminuza bazindutse babarandurira imyaka bari bahinze, batanamenyeshejwe impamvu, bakaba basaba kwishyurwa ibyangijwe.

Aba baturage bavuga ko bari barahawe ubutaka na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, kugira ngo bahingemo bibafashe kwiteza imbere. Icyakora, batangazwa no kubona ubuyobozi bw’iyo kaminuza bwohereje abantu barandura imyaka yabo yari imaze gukura.

Kamana Eliezel ati “Kaminuza yadutije ubutaka itubwira ko tugomba kubuhingamo kandi ntibigeze batubwira ko tutemerewe guhingamo imyumbati. None bayiranduye, ibura igihe gito ngo yere. Byanteye agahinda kubona abantu barandura imyaka yaburaga igihe gito ngo yere bakayirandura batabanje kumenyesha nyirayo. Bagombaga kubanza kumenyesha. Nari nashoyemo amafaranga menshi; bagombaga kubanza kuyinyishyura iyo myaka bagiye kwangiza cyangwa bakareka ikera bagatwara ubutaka bwabo.”

Tumugire Jeanette ati “Icyadutunguye ni ukubona abantu baza kurandura imyaka yacu tutabwiwe impamvu. Twari twarashoye amafaranga menshi, none byose birangirika. Ubu bandanduriye imyumbati ni ibihombo.”

Izere Delphine ati “Twe twahinze babibona, ntawigeze atubwira ko bibujijwe. Barindiriye ko imyaka yenda kwera barayirandura. Ubu se iyo batubwira tukareka guhinga aho kugira ngo tubanze duhinge dushyiremo ibishoro? Bari batubwiye ngo duhinge ibyo dushaka. None tubonye imyumbati irandurwa byatuyobeye.”

Habimana Emmanuel ati “Niba hari imishinga kaminuza ishaka gukoreramo, twari twiteguye kubyumva. Ariko byari bikwiye ko badutegereza tukazasarura cyangwa bakatwishyura ibishoro byacu.”

Aba baturage bose basaba ko bahabwa ingurane y’imyaka yangijwe kuko bavuga ko bamaze gutakarizamo amafaranga menshi n’imbaraga.

Ku ruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, Dr. Jean Bosco Shema, umwe mu bayobozi bayo, avuga ko abahinzi batari bakwiye gutungurwa.

Ati “Ibyo twari twaravuganye n’abo baturage ni uko bagombaga guhinga imyaka yera vuba. Imyumbati imara igihe kinini mu butaka, bityo ntijyanye n’ibyo twari twemeranyijwe; ni yo mpamvu twayiranduye.”

Nubwo uyu muyobozi avuga ibi, abaturage bo bavuga ko koko bari barabanje kubwirwa guhinga imyaka yera vuba, ariko kubera ko iyo bahingaga yajyaga yonwa n’inyamaswa ziva mu ishyamba rya kaminuza, barabireka. Nyuma ngo ubuyobozi bwabahamagaye bubabwira ko bashobora guhinga ibyo bashaka, ari na yo mpamvu bahinze imyumbati kandi banayihinga ubuyobozi bwa kaminuza buhari ntibwababuza.

Ibi bituma aba baturage bavuga ko batunguwe cyane no kubona imyumbati yabo irandurwa nyamara yari igeze hafi yo kwera, bagasaba ko kaminuza yabitaho ikabishyura ibyangijwe.

Bavuga ko imyaka yabo yaranduwe batabanje kubimenyeshwa
Bavuga ko byabatunguye none bikaba bigiye kubateza ubukene

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + three =

Previous Post

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Next Post

Simple Habits That Improve Digestion

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.