• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

radiotv10by radiotv10
17/01/2026
in MU RWANDA
0
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona abakozi b’iyi kaminuza bazindutse babarandurira imyaka bari bahinze, batanamenyeshejwe impamvu, bakaba basaba kwishyurwa ibyangijwe.

Aba baturage bavuga ko bari barahawe ubutaka na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, kugira ngo bahingemo bibafashe kwiteza imbere. Icyakora, batangazwa no kubona ubuyobozi bw’iyo kaminuza bwohereje abantu barandura imyaka yabo yari imaze gukura.

Kamana Eliezel ati “Kaminuza yadutije ubutaka itubwira ko tugomba kubuhingamo kandi ntibigeze batubwira ko tutemerewe guhingamo imyumbati. None bayiranduye, ibura igihe gito ngo yere. Byanteye agahinda kubona abantu barandura imyaka yaburaga igihe gito ngo yere bakayirandura batabanje kumenyesha nyirayo. Bagombaga kubanza kumenyesha. Nari nashoyemo amafaranga menshi; bagombaga kubanza kuyinyishyura iyo myaka bagiye kwangiza cyangwa bakareka ikera bagatwara ubutaka bwabo.”

Tumugire Jeanette ati “Icyadutunguye ni ukubona abantu baza kurandura imyaka yacu tutabwiwe impamvu. Twari twarashoye amafaranga menshi, none byose birangirika. Ubu bandanduriye imyumbati ni ibihombo.”

Izere Delphine ati “Twe twahinze babibona, ntawigeze atubwira ko bibujijwe. Barindiriye ko imyaka yenda kwera barayirandura. Ubu se iyo batubwira tukareka guhinga aho kugira ngo tubanze duhinge dushyiremo ibishoro? Bari batubwiye ngo duhinge ibyo dushaka. None tubonye imyumbati irandurwa byatuyobeye.”

Habimana Emmanuel ati “Niba hari imishinga kaminuza ishaka gukoreramo, twari twiteguye kubyumva. Ariko byari bikwiye ko badutegereza tukazasarura cyangwa bakatwishyura ibishoro byacu.”

Aba baturage bose basaba ko bahabwa ingurane y’imyaka yangijwe kuko bavuga ko bamaze gutakarizamo amafaranga menshi n’imbaraga.

Ku ruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, Dr. Jean Bosco Shema, umwe mu bayobozi bayo, avuga ko abahinzi batari bakwiye gutungurwa.

Ati “Ibyo twari twaravuganye n’abo baturage ni uko bagombaga guhinga imyaka yera vuba. Imyumbati imara igihe kinini mu butaka, bityo ntijyanye n’ibyo twari twemeranyijwe; ni yo mpamvu twayiranduye.”

Nubwo uyu muyobozi avuga ibi, abaturage bo bavuga ko koko bari barabanje kubwirwa guhinga imyaka yera vuba, ariko kubera ko iyo bahingaga yajyaga yonwa n’inyamaswa ziva mu ishyamba rya kaminuza, barabireka. Nyuma ngo ubuyobozi bwabahamagaye bubabwira ko bashobora guhinga ibyo bashaka, ari na yo mpamvu bahinze imyumbati kandi banayihinga ubuyobozi bwa kaminuza buhari ntibwababuza.

Ibi bituma aba baturage bavuga ko batunguwe cyane no kubona imyumbati yabo irandurwa nyamara yari igeze hafi yo kwera, bagasaba ko kaminuza yabitaho ikabishyura ibyangijwe.

Bavuga ko imyaka yabo yaranduwe batabanje kubimenyeshwa
Bavuga ko byabatunguye none bikaba bigiye kubateza ubukene

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Next Post

Simple Habits That Improve Digestion

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.