• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in MU RWANDA
0
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya Bikiramariya, aho bavugaga ko babonaga ishusho y’uyu Mubyeyi n’umwana we Yezu mu giti. Gusa abo mu nzego bwite za Leta na Kiliziya Gatulika, barabishidikanyaho, bakabyita ibihuha.

Inkuru y’aya mabonekerwa yatangiye kuvugwa ku wa Gatanu w’iki cyumweru, ubwo abana babiri biga mu kigo cy’Ishuri cya Rwinzovu, bariho bakina umupira mu kibuga gihari, bakavuga ko babonye ishusho ya Bikiramariya na Yezu mu ipoto y’amashanyarazi no mu giti cy’inturusu kiri mu ishyamba.

Ibi byatumye imbaga ikubita iruzura, aho abaturage baturutse mu bice binyuranye muri aka Karere ka Musanze ndetse no mu bindi bice by’Igihugu, bazaga kureba iby’ayo mabonekerwa.

Abaturage bageze aha havugwa ko habaye amabonekerwa, bavuga ko biboneye Bikiramariya n’umwana we Yezu muri ibyo biti bibiri, aho bavuga ko batangiye kubabona neza kuri uyu wa Gatandatu.

Umwe ati “Nsanze Yezu na Bikiramariya, na Yozefu afashe inkoni, n’intumwa, Bikiramariya afashe umwana. Twabibonye.”

Undi na we yagize ati “Ndahageze ngeze ku ipoto y’amashanyarazi, mpasanze Yezu na Yozefu, bose bahari. Na we nk’umunyamakuru wabireba hariya ku giti.”

Uyu muturage we avuga ko na we yabanje gushidikanya avuga ko byaba ari abantu baba barabishushanyije, ariko ko uko yabibonye atari ko bimeze. Ati “Biriya ntabwo ari ibipiratano, ahubwo ni ibintu byiza, Imana yashatse ko biba.”

Abaturage bavuga ko babonaga Bikiramariya mu giti

Aba baturage bavuga ko bishimiye ibi bita amabonekerwa ya Bikiramariya, bakavuga ko bigiye na bo kubazanira amahirwe muri aka gace ka Musanze.

Undi muturage ati “Twabyakiriye neza ko ari inkuru nziza natwe yageze iwacu nk’uko twajyaga kubireba i Kibeho, twajya tuza kubireba inaha bakatwubakira natwe tukagira urugo rutagatifu rwa Bikiramariya.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien avuga ko na we yageze aha bivugwa ko habereye amabonekerwa, ariko ko atari impamo. Ati “Ni igihuha, none se ko natwe twagezeyo. Ni inkuru itari ukuri.”

Uyu muyobozi avuga ko kubera ubwinshi bw’abaturage bari bageze hariya hantu kuko yahageze bamaze kugera mu gihumbi (1 000), inzego zafashe icyemezo cyo kujya kubacungira umutekano kugira ngo hatagira uhagirira ikibazo dore ko harimo n’abafite intege nke, nk’ababyeyi bakuze, ndetse n’abatwite.

Jean Bosco Nambaje, Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Busogo ibarizwamo aka gace kabereyemo ibi byiswe amabonekerwa, avuga ko bikwiye gushyirwamo ubushishozi kuko ubusanzwe atari buriya buryo Bikiramariya yigaragarizamo.

Ati “Bari kunyereka icyo giti ndetse n’ifoto nayibonye, njye mu bushishozi bwanjye, ibi bintu bisaba ubushishozi, kuko Bikiramariya hari uburyo yigaragaza, ntabwo yakwigarariza abantu ibihumbi bitanu icyarimwe, barimo abatemera n’abemera, nta butumwa yatanze.”

Padiri Nambaje avuga ko ubuyobozi bwa Paruwasi bwamaze kumenyeshya ubwa Diyoseze ya Ruhengeri kugira ngo ikore isesengura kuri ibi byiswe amabonekerwa, bukazatanga ibyarivuyemo mu bihe biri imbere.

Mu Rwanda hari mu hantu hacye ku Isi habereye amabonekerwa ya Bikiramariya, mu Karere ka Nyaguru i Kibeho hamaze guhabwa izina ryo ku Butaka Butagatifu.

Aha i Kibeho habereye amabonekerwa ku nshuro ya mbere mu 1981, yanaje kongera kuba mu 1982 kugeza mu 1989, akaza kwemezwa mu buryo bwa burundu na Kiliziya Gatulika ku Isi muri 2001 nyuma yuko hashyizweho amakomisiyo yagiye ayasesengura.

I Musanze abaturage bari bakubise buzuye baje kureba ibi bise amabonekerwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Simple Habits That Improve Digestion

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.