Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly yahakanye ibyamuzweho ko ari we wacuze umugambi wo gufungisha Ishimwe Dieudonne [Prince Kid], avuga ko aramutse yaranabikoze ariko uregwa na we yarakoze ibyo ashinjwa, nta kosa ryaba ririmo, gusa ngo ni ukubiharira inzego.

Uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, ni umwe mu bashyizwe mu majwi ko ari mu bihishe inyuma ifungwa rya Prince Kid ukurikiranyweho ibyaha birimo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Miss Jolly mu Kiganiro yagiranye na Isimbi TV twanditse inkuru nka RADIOTV10, yavuze ko inzego z’ubutabera z’u Rwanda zikora kinyamwuga kandi ko zibereyeho kurenganura abarengana ariko no guhana abakoze ibyaha, bityo ko n’uyu musore uyobora Kompanyi yahoze itegura Miss Rwanda azahabwa ubutabera.

Ati “Kwibwira ko rero ndi Master mind [uwacuze umugambi] …ariko reka mbaze ubundi mbaye narabikoze ari byo [ari byo ko Prince Kid yakoze ibyo akurikiranyweho] ikosa ryaba ari irihe? Twimajine [twiyumvishe] ko ari byo, ukabikora, ikibazo cyaba kirimo ni ikihe?”

Akomeza agira ati “Umuvandimwe reka tumureke Imana izamworohereze kuko platform [Miss Rwanda] ni nziza, twese yatugiriye akamaro, wenda uko yakorwa n’inindi, tureke inzego z’ubutabera zibijyemo, aracyari umwere ntarahamwa n’icyaha.

Ashobora kuba umwere, naba umwere ni ukumwakira muri sosiyete tuzabishimira Imana ariko nataba umwere icyaha kikamuhama na we azabibazwa.”

Miss Jolly ahakana ibyavuzwe ko ari we washutse Miss Muheto ngo bashyirishemo Prince Kid, ati “Tumurangize bigende gute? Dutegure Miss Rwanda…ngo bigende gute? Izo ni sinema Abanyarwanda baba bifitiye.”

Avuga ko nta bubasha afite bwo kuba yakora ibyo avugwaho ndetse ko adashobora kubeshya inzego z’ubutabera z’u Rwanda.

Akomeza agira ati “Ibyo bitandukanye n’ukuri, ukuri kuzamenyekana, inzego z’ubutabera reka tuzireke zikore akazi kazoo.”

Miss Mutesi Jolly avuga ko atewe ishema no kuba yaranyuze muri iri rushanwa ryavuzwemo ibibazo ariko ko abantu bakwiye guharira inzego akazi kazo muri ibi bibazo.

Miss Jolly avuga ko ikibazo kigomba guharirwa inzego
Prince Kid yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Next Post

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.