• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid

radiotv10by radiotv10
13/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Mbaye narabikoze nawe ibyo aregwa yarabikoze ikosa ryaba ari irihe?-Jolly ku bamushinja gufungisha Prince Kid
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly yahakanye ibyamuzweho ko ari we wacuze umugambi wo gufungisha Ishimwe Dieudonne [Prince Kid], avuga ko aramutse yaranabikoze ariko uregwa na we yarakoze ibyo ashinjwa, nta kosa ryaba ririmo, gusa ngo ni ukubiharira inzego.

Uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, ni umwe mu bashyizwe mu majwi ko ari mu bihishe inyuma ifungwa rya Prince Kid ukurikiranyweho ibyaha birimo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Miss Jolly mu Kiganiro yagiranye na Isimbi TV twanditse inkuru nka RADIOTV10, yavuze ko inzego z’ubutabera z’u Rwanda zikora kinyamwuga kandi ko zibereyeho kurenganura abarengana ariko no guhana abakoze ibyaha, bityo ko n’uyu musore uyobora Kompanyi yahoze itegura Miss Rwanda azahabwa ubutabera.

Ati “Kwibwira ko rero ndi Master mind [uwacuze umugambi] …ariko reka mbaze ubundi mbaye narabikoze ari byo [ari byo ko Prince Kid yakoze ibyo akurikiranyweho] ikosa ryaba ari irihe? Twimajine [twiyumvishe] ko ari byo, ukabikora, ikibazo cyaba kirimo ni ikihe?”

Akomeza agira ati “Umuvandimwe reka tumureke Imana izamworohereze kuko platform [Miss Rwanda] ni nziza, twese yatugiriye akamaro, wenda uko yakorwa n’inindi, tureke inzego z’ubutabera zibijyemo, aracyari umwere ntarahamwa n’icyaha.

Ashobora kuba umwere, naba umwere ni ukumwakira muri sosiyete tuzabishimira Imana ariko nataba umwere icyaha kikamuhama na we azabibazwa.”

Miss Jolly ahakana ibyavuzwe ko ari we washutse Miss Muheto ngo bashyirishemo Prince Kid, ati “Tumurangize bigende gute? Dutegure Miss Rwanda…ngo bigende gute? Izo ni sinema Abanyarwanda baba bifitiye.”

Avuga ko nta bubasha afite bwo kuba yakora ibyo avugwaho ndetse ko adashobora kubeshya inzego z’ubutabera z’u Rwanda.

Akomeza agira ati “Ibyo bitandukanye n’ukuri, ukuri kuzamenyekana, inzego z’ubutabera reka tuzireke zikore akazi kazoo.”

Miss Mutesi Jolly avuga ko atewe ishema no kuba yaranyuze muri iri rushanwa ryavuzwemo ibibazo ariko ko abantu bakwiye guharira inzego akazi kazo muri ibi bibazo.

Miss Jolly avuga ko ikibazo kigomba guharirwa inzego
Prince Kid yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 19 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu bagiye gushyigikira ubuheture bwabo Ian wasoje amasomo ya Gisirikare

Next Post

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

Related Posts

Umuvugizi w’u Rwanda yanenze Tshisekedi wakoresheje nabi umwanya w’ibyishimo byatanzwe n’ikipe ya Congo akawuvangamo Politiki idakwiye

Umuvugizi w’u Rwanda yanenze Tshisekedi wakoresheje nabi umwanya w’ibyishimo byatanzwe n’ikipe ya Congo akawuvangamo Politiki idakwiye

by radiotv10
18/06/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko nyuma yuko ikipe y’Igihugu ya DRC itanze ibyishimo ku Banyafurika, Perezida...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

by radiotv10
18/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yasabye umuhanzi Bebe Cool na Miss Mutesi Jolly kwicara bagatuza nyuma yuko...

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

by radiotv10
18/06/2026
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Uganda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Bebe Cool yasibye ubutumwa yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ashinja...

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

by radiotv10
18/06/2026
0

Impaka hagati y'umuhanzi w'icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, na Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda, zikomeje gufata indi ntera nyuma...

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

Icyatumye Umucamanza yikura mu rubanza rw’umucungamutungo wa Koperative y’abacunga umutekano

by radiotv10
18/06/2026
0

Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo risabirwa uwahoze ari umucungamutungo wa koperative y’abacunga umutekano yitwa ‘Umoja ni Nguvu Rwanda Cooperative (UNRC)’,...

Next Post
Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuvugizi w’u Rwanda yanenze Tshisekedi wakoresheje nabi umwanya w’ibyishimo byatanzwe n’ikipe ya Congo akawuvangamo Politiki idakwiye

Ni bande bavugwa mu kirego Umunyamakuru Yago yamaze gushyikiriza RIB

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.