Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu

radiotv10by radiotv10
19/06/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Yatswe ruswa y’ibihumbi 20 kugira ngo yubake inzu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Hakizimana Emmanuel wo mu murenge wa Bumbogo mu kagari ka Nyagasozi mu karere ka Gasabo, avuga ko yahohotewe n’ubuyobozi bw’akagari, bukamusenyera aho yari arimo yubaka buvuga ko yanyuranyije n’amategeko, yajya gusobanuza agasiragizwa kugera ubwo yatswe amafranga ibihumbi 20 ngo abone guhabwa uruhusa rwo kubaka.

Uyu muturage avuga ko bitewe no kuba afite uburwayi bwo mu mutwe hakiyongeraho kuba atishoboye, byatumye mu mwaka w’2019 abagiraneza bamuha inkunga y’ikibanza n’isakaro ngo yubake, yubaka inzu ubuyobozi bw’ibanze bumureba, ariko inzu igiye kuzura ubuyobozi bw’akagali buraza burayisenya.

Ati:” mu mwaka w’2019 umugiraneza yampaye ikibanza, bukeye itorero ry’igihugu rimaze kumenya ikibazo mfite rinyemerere kumpa isakaro, ntangira kubaka aha hantu. Murabireba rwose ko n’abandi bahatuye, Atari mu manegeka cyangwa wenda ngo habe Atari aho guturwa. Nyamara inzu ntangiye kuyisakara ubuyobozi bw’akagali bwaraje burayisenya, buvuga ko ngo nubatse ntaburenganzira mbifitiye, mbereka ibyemezo by’uko ndwaye n’ibigaragaza izi nkunga nagiye mpabwa kubera ubu burwayi, ariko ntibabyumva.”

Avuga ko kugeza ubu aba mu kikoni cy’uwamucumbikiye, ahantu avuga ko isaha iyo ariyo yose nyiraho yahamwaka akangara.

Uyu muturage, avuga ko nyuma yaje kujya ku Kagali kuko ubuyobozi bw’akagali bwamushinjaga kubaka mu buryo buhabanye n’igishushanyo mbonera kigaragaza imyubakire n’imiturire muri uyu murenge, yahagera agasiragizwa.

Ati: “ Bukeye narahagurutse njya kuri RIB mbasobanurira ikibazo cyanjye, bangira inama yo gusubira ku kagali nkajya gusobanuza neza, bampa n’ibaruwa bandikiye gitifu bamusaba gukurikirana ikibazo cyanjye neza. Gusa nkigera ku kagali nakomeje guteragiranwa, kugera ubwo gitifu w’akagali anyatse amafranga ibihumbi 20 y’u Rwanda, ngo kugira ngo akunde anyemerere gutangira kubaka.”

Uyu muturage avuga ko atigeze atanga aya mafranga yari arimo yakwa n’uyu muyobozi w’akagari, amafranga avuga ko yagizeho amakenga ko ashobora kuba ari ruswa.

Abaturanyi ba Hakizimana, bemeza ko yasenyewe by’amaherere, ngo kuko aho yari yahawe iki kibanza ari hagati y’izindi ngo ku buryo ntan’ikigaragaza ko wenda ari mu manegeka.

Umunyamakuru wa RadioTV10 yagize amatsiko yo kumenya niba ubuyobozi bw’akagari buzi ikibazo cy’uyu muturage uvuga ko bwamusiragije bukanamwaka ruswa koko, ahamagara ku murongo wa Telephone Nshimiyimana Alexis uyobora akagali ka Nyagasozi, amubwira ko ari mu nama ku murenge wa Bumbogo, umunyamakuru amusaba kumusangayo bakabonana, arabimwemerera.

Gusa ubwo umunyamakuru yageraga ku biro by’umurenge, ntiyabashije kumubona kuko telephone ye itongeye kuba ku murongo.

Icyakora ubuyobozi bw’umurenge wa Bumbogo bwo buvuga ko ikibazo cy’uyu muturage butari bukizi, bukizeza ko bugiye ku gikurikirana kigakemurwa byihuse.

Rugabirwa Deo, umuyobozi w’umurenge wa Bumbogo, at:”ntabwo nahita nemeza ko ayo mafranga ibihumbi makumyabiri koko uyu muyobozi yayamwatse, bityo ngiye kubikurikirana menye ukuri kwabyo kuko nta kiguzi na kimwe gisabwa usaba gusana cyangwa se kubaka, byongeye ko utishoboye ahubwo akwiye no kuba arimo afashwa akaba yakubakirwa.”

Nubwo ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko iki kibazo butari bukizi, Hakizimana we avuga ko n’ubuyobozi bw’urwego rw’umurenge bubizi kuko afite kopi z’impapuro zigaragaza ko koko yageze ku murongo.

Muri izi mpapuro za twasanganye uyu muturage, harimo n’iza muganga zigaragaza ko afite uburwayi bwo mu mutwe, hakiyongeraho kuba atishoboye.

INKURU YA : Assoumani Twahirwa/Radio &Tv10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

SITTING VOLLEYBALL: Amakipe 12 niyo azitabira imikino yo kwibuka guhera kuri uyu wa gtandatu

Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Polisi yatangije ubukanguramba bwibutsa abakoresha umuhanda ko kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 ari inshingano zabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.