Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja
Share on FacebookShare on Twitter

“Uba wigangikiye, bakaza bakamuterura tutabizi, tumaze kubura abana bagera muri bane…” Ni amajwi ya bamwe mu bana bo ku muhanda b’abakobwa bo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko hari ababyara ariko ntibarere kuko hari abaza bakabiba impinja, bagakeka ko bikorwa n’ababa barabuze urubyaro cyangwa abajya kubagurisha.

RADIOTV10 yaganirije bamwe mu bana baba muri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bayihishurira kimwe mu bibazo bahura na byo ariko kidakunze kuvugwa.

Ni ikibazo kihariwe n’abakobwa, cyo kuba bahura n’isanganya ryo guterwa inda zitateganyijwe ariko bakanga kuvutsa ubuzima abo baziranenge baba basamye, bakemera kubabyara ariko ikibabaje ni uko bamwe muri bo batarera.

Bavuga ko hari abakobwa bane bamaze kwibwa impinja nubwo umunyamakuru yasanze aba bose bagiye gushakisha imibereho ariko ahabwa ubuhamya na bagenzi babo.

Umwe yagize ati “Ni bwo yari akikabyara, nta n’ukwezi kwari gushize, baraza baragaterura barakajyana.”

Akomeza avuga igihe bibirwa abana babo, ati “Hari igihe uryama nka kuriya winywereye nk’agacupa, ugasanga umuntu wabuze nk’umwana araje aramwiterura akamwijyanira mu modoka agahita amwirerera.”

Akomeza avuga ko aha kuri Mpazi, hari abana b’abakobwa bo ku muhanda bahabyarira ariko bakibwa impinja, ati “Biraba kenshi, si rimwe si kabiri. Ni bariya baba barabuze urubyaro yakwibonera akana, akagatwara.”

Undi uba aha kuri Mpazi unatwite, aganira n’umunyamakuru, yagize ati “Nk’ubu nkanjye uwo nzabyara, mba nicaye mfite ubwoba ko bazamwiba.”

Undi muri aba bana, avuga ko hari n’ababiba abana bakabashyira ba Se mu buryo bwa rwihishwa cyangwa bakajya kubagurisha n’ababa barabuze urubyaro.

Ati “Akaza akatwigiraho inshuti akatwibira wa mwana akamufata akamufata akamushyira Se cyangwa n’undi muntu ugiye kumurera, yarangiza akamuha ya mafaranga akeneye, umwana tukamubura gutyo.”

Bamwe mu baturage bakunze kunyura kuri iyi Ruhurura, na bo bemeza ko bajya basanga aba bana biyasira ko bibwe abana.

Umwe ati “Hari ukuntu ushobora kuhanyura ukabona umwana akagutera impuhwe, ugashobora kuba wamutwara utamubwiye kuko ntabwo bamuguha.”

Umukozi mu Mpuzamiryango y’Uburenganzira bwa Muntu (CLADHO), Evariste Murwanashyaka avuga ko ikibazo cy’abana bo ku muhanda kimaze kuba agatereranzamba ariko ko iki cyo kuba bibwa abana ari gishya kuri bo ariko ko bagiye kwihutira kugira icyo bagikorako kuko cyo kiremereye.

Yagize ati “Ni ikintu gisaba ubuvugizi bwihuse, ni ikintu gisaba ko inzego zimenya ko icyo kibazo kiriho noneho hagashakirwa hamwe igisubizo.”

Inzego za Leta zifatanyije n’abafatanyabikorwa bo mu miryango iharanira uburenganzira bw’abana, bakunze guhagurukira ikibazo cy’abana bo ku muhanda, gusa kugeza ubu ntikiraranduka.

Bamwe muri aba bana bo ku muhanda, bavuga ko bafashe icyemezo cyo kuza muri ubu buzima ari amaburakindi kubera ibibazo biba biri mu miryango bakomokamo irimo ishingiye ku mibereho mibi ndetse n’amakimbirane aba ari hagati y’ababyeyi babo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. kajyibwami says:
    3 years ago

    None se inama utanga nk”umunyamakuru ni iyihe? Umuhanda bawuturamo, kuva ryari? Amategeko avuga iki? Nta no kubabwira ko kuba mu muhanda bitemewe ko bihanirwa iyo habaye kwinangira bifatwa nko kwigomeka. Ubwo ejo umujura azakubwira ko yiba kuko ashonje. Ushonje arakora ntiyiba, udafite aho aba arahashaka ntiyigabiza umuhanda ngo asase aryame, abyare yuzukuruze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − nine =

Previous Post

Minisitiri w’Ingabo n’umuyobozi ukomeye muri RDF bari muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi 3

Next Post

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.