Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
0
Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

General Elly Tumwine ufite ibigwi mu Gisirikare cya Uganda akaba yaranabaye Minisitiri w’Umutekano, yapfiriye i Nairobi muri Kenya aho yari arwariye.

Inkuru y’urupfu rwa Gen Elly Tumwine, yagarutsweho n’Ibitangazamakuru binyuranye byo muri Uganda no muri Kenya.

Amakuru avuga ko General Elly Tumwine yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 aho yari amaze ibyumweru bibiri arwariye mu bitaro by’I Nairobi muri Kenya bizwi nka Aga Khan.

Umwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera, yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri amerewe.

Yagize ati “Uburyo yari arembye byakomeje kuba bibi cyane kugeza muri iki gitondo ubwo yitabaga Imana.”

General Elly Tumwine yafatiwe n’uburwayi ubwo yari mu birori by’ubukwe byabaye mu byumweru bitatu bishize aho yahise ajyanwa mu Bitaro bya Nakasero, gusa kuva icyo gihe, yakomeje kuremba.

Abo mu muryango w’uyu musirikare w’umunyabigwi muri Uganda, bavuga ko yapfuye azize cancer y’ibihaha.

Nyakwigendera yabaye Minisitiri w’Umutekano kuva muri Werurwe 2018 kugeza umwaka ushize wa 2022.

Uretse kuba Gen Tumwine yarabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, ni n’umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kuboza Uganda yari iyobowe na Idi Amin.

Yagiye mu Gisirikare cy’ishyaka rya NRM rya Museveni, mu 1978 aho yafatanyije n’abandi mu rugamba rwo guhirika ubutegetsi bw’igitugu bwa Idi Amin.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − two =

Previous Post

Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda

Next Post

“Twari tubakumbuye”: Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

Related Posts

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

IZIHERUKA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“Twari tubakumbuye”: Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

"Twari tubakumbuye": Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.