Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwavugiye imbere ya Perezida Kagame amakuru anyuranye n’ukuri yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA
0
Uwavugiye imbere ya Perezida Kagame amakuru anyuranye n’ukuri yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Uherutse kugeza ikibazo kuri Perezida Paul Kagame, avuga ko abayobozi banze kumukemurira ikibazo ahubwo bagahora bamubwira ngo “ajye kwiragiza Imana”, byamenyekanye ko amakuru yavuze anyuranye n’ukuri, ubu arafunze akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu mugabo witwa Muhizi Anatole ni umwe mu bagejeje ibibazo kuri Perezida Paul Kagame mu ruzinduko aherutse kugirira mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu Karere ka Nyamasheke, umuturage witwa Muhizi Anatole yavuze ko afite ikibazo cy’inzu yaguze mu buryo bwemewe n’amategeko muri 2015 ariko uwo bayiguze akaba yari umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) waje kuyiba, bigatuma imitungo ye ifatirwa ndetse n’iyo nzu bari baguze ntabashe kuyibonera icyangombwa.

Uyu muturage yavuze ko iki kibazo yakijeje kuri Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Musanze mu myaka itatu ishize, agasaba Dr Alvera Mukabaramba wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, gukemura iki kibazo.

Muhizi ubwo yari imbere ya Perezida Kagame mu cyumweru gishize, yagize ati “abayobozi mumpa nyakubahwa Perezida barushwa imbaraga na BNR, baragenda bakambwira ngo ahubwo ninge gusenga, ukagira ngo umuntu udasenga akwiye gutwarwa ibye…abayobozi bose duhuye bumva ibibazo byanjye akumva ndarengana akambwira ngo genda uge wiragiza Imana.”

Iki kibazo cyabajijwe ari ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022, Perezida Kagame agendeye ku byatangazwaga n’uyu muturage n’agahinda yagaragazaga, yasabye inzengo bireba kuba zamukemuriye iki kibazo ku wa Mbere w’icyumweru cyakurikiyeho tariki 29 Kanama 2022.

 

Muhizi yatanze amakuru anyuranye n’ukuri ubu arafunze

Inzego zahise zitangira gukurikirana iki kibazo cya Muhizi Anatole, zisanga ibyo yavugiye imbere y’Umukuru w’Igihugu bihabanye n’ukuri, ubu akaba yatawe muri yombi aho afungiye kuri station ya RIB ya Remera mu Mujyi wa Kigali.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaza ko iperereza ry’ibanze ryakozwe kuri Muhizi, ryagaragaje ko ahubwo ibyo yakoze bigize ibyaha ashobora gukurikiranwaho mu nkiko.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uyu muturage “atavugishije ukuri, yanga kubahiriza icyemezo cy’Urukiko cyo kurekura inzu.”

Dr Murangira avuga ko uyu mutungo uri mu kibazo wari ingwate y’uwitwa Rutagengwa Jean Leon wari ubereyemo umwenda Banki y’Igihugu (BNR) wa Miliyoni 31 Frw.

Dr Murangira yavuze ko ubwo BNR yatsindaga urubanza yaburanagamo n’uyu Rutagengwa nyiri iriya nzu, yasabye ko ufatirwa kuko n’Urukiko rwagaragagaje ko yayigurishije akoresheje inyandiko mpimbano.

Uyu Muhizi Anatole kandi yanze kuva muri iyi nzu yatsindiwe na BNR, nkuko byategetswe n’Urukiko rwaburanishije uru rubanza.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, avuga ko Muhizi ukomeje gukorwaho iperereza, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano ndetse no kwanga kubaha icyemezo cy’Urukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 10 =

Previous Post

DRC: Abatamenyekanye biraye mu nka bicamo 28 bazitemye n’imihoro

Next Post

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y'Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.