• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwavugiye imbere ya Perezida Kagame amakuru anyuranye n’ukuri yatawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA
0
Uwavugiye imbere ya Perezida Kagame amakuru anyuranye n’ukuri yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Uherutse kugeza ikibazo kuri Perezida Paul Kagame, avuga ko abayobozi banze kumukemurira ikibazo ahubwo bagahora bamubwira ngo “ajye kwiragiza Imana”, byamenyekanye ko amakuru yavuze anyuranye n’ukuri, ubu arafunze akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.

Uyu mugabo witwa Muhizi Anatole ni umwe mu bagejeje ibibazo kuri Perezida Paul Kagame mu ruzinduko aherutse kugirira mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu Karere ka Nyamasheke, umuturage witwa Muhizi Anatole yavuze ko afite ikibazo cy’inzu yaguze mu buryo bwemewe n’amategeko muri 2015 ariko uwo bayiguze akaba yari umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) waje kuyiba, bigatuma imitungo ye ifatirwa ndetse n’iyo nzu bari baguze ntabashe kuyibonera icyangombwa.

Uyu muturage yavuze ko iki kibazo yakijeje kuri Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Musanze mu myaka itatu ishize, agasaba Dr Alvera Mukabaramba wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, gukemura iki kibazo.

Muhizi ubwo yari imbere ya Perezida Kagame mu cyumweru gishize, yagize ati “abayobozi mumpa nyakubahwa Perezida barushwa imbaraga na BNR, baragenda bakambwira ngo ahubwo ninge gusenga, ukagira ngo umuntu udasenga akwiye gutwarwa ibye…abayobozi bose duhuye bumva ibibazo byanjye akumva ndarengana akambwira ngo genda uge wiragiza Imana.”

Iki kibazo cyabajijwe ari ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022, Perezida Kagame agendeye ku byatangazwaga n’uyu muturage n’agahinda yagaragazaga, yasabye inzengo bireba kuba zamukemuriye iki kibazo ku wa Mbere w’icyumweru cyakurikiyeho tariki 29 Kanama 2022.

 

Muhizi yatanze amakuru anyuranye n’ukuri ubu arafunze

Inzego zahise zitangira gukurikirana iki kibazo cya Muhizi Anatole, zisanga ibyo yavugiye imbere y’Umukuru w’Igihugu bihabanye n’ukuri, ubu akaba yatawe muri yombi aho afungiye kuri station ya RIB ya Remera mu Mujyi wa Kigali.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaza ko iperereza ry’ibanze ryakozwe kuri Muhizi, ryagaragaje ko ahubwo ibyo yakoze bigize ibyaha ashobora gukurikiranwaho mu nkiko.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uyu muturage “atavugishije ukuri, yanga kubahiriza icyemezo cy’Urukiko cyo kurekura inzu.”

Dr Murangira avuga ko uyu mutungo uri mu kibazo wari ingwate y’uwitwa Rutagengwa Jean Leon wari ubereyemo umwenda Banki y’Igihugu (BNR) wa Miliyoni 31 Frw.

Dr Murangira yavuze ko ubwo BNR yatsindaga urubanza yaburanagamo n’uyu Rutagengwa nyiri iriya nzu, yasabye ko ufatirwa kuko n’Urukiko rwagaragagaje ko yayigurishije akoresheje inyandiko mpimbano.

Uyu Muhizi Anatole kandi yanze kuva muri iyi nzu yatsindiwe na BNR, nkuko byategetswe n’Urukiko rwaburanishije uru rubanza.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, avuga ko Muhizi ukomeje gukorwaho iperereza, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano ndetse no kwanga kubaha icyemezo cy’Urukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

DRC: Abatamenyekanye biraye mu nka bicamo 28 bazitemye n’imihoro

Next Post

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye itariki Bamporiki azagerezwa imbere y'Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.