Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umugore uvugwaho imyitwarire idahwitse basanze iwe hapfiriye umuntu

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umugore uvugwaho imyitwarire idahwitse basanze iwe hapfiriye umuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore ucumbitse mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, bivugwa ko asanzwe agaragaza ingeso mbi, bazindutse bajya kumusaba gusubira aho yari atuye, basanga ntawuhari ahubwo basanga mu nzu ye hapfiriyemo uwo yari yacumbikiye.

Umugore witwa Sibomana Phelomene ucumbitse mu Mudugudu wa Kamutara mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko, asanzwe avugwaho ingeso mbi zirimo kwicuruza no gusinda.

Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bumaze iminsi busaba uyu muturage gusubira mu Mudugudu yaturutsemo wo mu Kagari ka Mburabuturo gahana imbibi n’aka yaje gucumbikamo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022, Ubuyobozi bw’Ibanze bwabyutse buza gusaba uyu muturage kubahiriza iki cyemezo cyo kuba yasubira aho yaturutse gusa busanga urugi rw’aho atuye rufunze.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kamutara, Muhawenimana Marcelline yabwiye RADIOTV10 ko ubwo bageraga ku rugo rucumbitsemo uyu mugore, basanze hafunze, bagahamagara ariko bakabura ubikiriza.

Yavuze ko byaje kuba ngombwa ko bakoresha imbaraga bagafungura iyi nzu, bagasanga hapfiriyemo umugore witwa Ntirenganya Angelique bivugwa ko yari yaraye acumbikiwe n’uyu muturage uvugwaho ingeso mbi.

Uyu muyobozi avuga ko bahise bajya gushakisha uyu wari wacumbikiye nyakwigendera, bakaza kumubona avuga ko yari yazindukiye mu kazi mu gihe abaturanyi bavuga ko yari yaramukiye mu nzoga.

Ubuyobozi buvuga kandi ko uyu muturage atari yabaruje uyu yacumbikiye mu gihe bizwi ko muri aka gace, umuntu wese ujemo adasanzwe ahatuye, umucumbikiye abimenyesha inzego z’ubuyobozi.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahise bwiyambaza ubuzikuriye ndetse n’inzego z’iperereza aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rwihutira kuhagera, rugahita rujyana umubiri wa nyakwigendera mu Bitaro bya Ruhengeri kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

Uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rwahise rutangira gukora iperereza ku cyaba cyahitanye uyu mugore.

Abaturanyi b’uyu mugore, bavuga ko yaba uyu witabye Imana ndetse n’uwamucumbikiye, bombi basanzwe bazwiho kutirwara neza ndetse ko yari yamucumbikiye nyuma yo gusangira inzoga.

Abaturanyi bababajwe n’uyu nyakwigendera

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10/MUSANZE

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fourteen =

Previous Post

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Next Post

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.