Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Umugore uvugwaho imyitwarire idahwitse basanze iwe hapfiriye umuntu

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Umugore uvugwaho imyitwarire idahwitse basanze iwe hapfiriye umuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore ucumbitse mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, bivugwa ko asanzwe agaragaza ingeso mbi, bazindutse bajya kumusaba gusubira aho yari atuye, basanga ntawuhari ahubwo basanga mu nzu ye hapfiriyemo uwo yari yacumbikiye.

Umugore witwa Sibomana Phelomene ucumbitse mu Mudugudu wa Kamutara mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko, asanzwe avugwaho ingeso mbi zirimo kwicuruza no gusinda.

Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bumaze iminsi busaba uyu muturage gusubira mu Mudugudu yaturutsemo wo mu Kagari ka Mburabuturo gahana imbibi n’aka yaje gucumbikamo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022, Ubuyobozi bw’Ibanze bwabyutse buza gusaba uyu muturage kubahiriza iki cyemezo cyo kuba yasubira aho yaturutse gusa busanga urugi rw’aho atuye rufunze.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kamutara, Muhawenimana Marcelline yabwiye RADIOTV10 ko ubwo bageraga ku rugo rucumbitsemo uyu mugore, basanze hafunze, bagahamagara ariko bakabura ubikiriza.

Yavuze ko byaje kuba ngombwa ko bakoresha imbaraga bagafungura iyi nzu, bagasanga hapfiriyemo umugore witwa Ntirenganya Angelique bivugwa ko yari yaraye acumbikiwe n’uyu muturage uvugwaho ingeso mbi.

Uyu muyobozi avuga ko bahise bajya gushakisha uyu wari wacumbikiye nyakwigendera, bakaza kumubona avuga ko yari yazindukiye mu kazi mu gihe abaturanyi bavuga ko yari yaramukiye mu nzoga.

Ubuyobozi buvuga kandi ko uyu muturage atari yabaruje uyu yacumbikiye mu gihe bizwi ko muri aka gace, umuntu wese ujemo adasanzwe ahatuye, umucumbikiye abimenyesha inzego z’ubuyobozi.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahise bwiyambaza ubuzikuriye ndetse n’inzego z’iperereza aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rwihutira kuhagera, rugahita rujyana umubiri wa nyakwigendera mu Bitaro bya Ruhengeri kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

Uru Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rwahise rutangira gukora iperereza ku cyaba cyahitanye uyu mugore.

Abaturanyi b’uyu mugore, bavuga ko yaba uyu witabye Imana ndetse n’uwamucumbikiye, bombi basanzwe bazwiho kutirwara neza ndetse ko yari yamucumbikiye nyuma yo gusangira inzoga.

Abaturanyi bababajwe n’uyu nyakwigendera

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10/MUSANZE

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Next Post

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.