Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gicuruza serivisi n’ibikoresho by’isakazamashusho DStv kiri mu bigo 100 bya mbere ku Mugabane wa Afurika bifite brands (ibirango) zikunzwe kurusha izindi muri Afurika aho iki kigo kiri ku mwanya wa gatatu mu bigo byo muri Afurika.

Urubuga rwa African Business rwagaragaje uru rutonde rufite umutwe ugira uti “Africa’s Top 100 Brands in 2022” [Ibigo 100 bifite ibirango bikunzwe kurusha ibindi muri 2022], rugaragaraza ibigo by’ubucuruzi n’ishoramari byanikiye ibindi ku Mugabane wa Afurika.

Uru rutonde ruri mu cyegeranyo ngarukamwa cya Brand Africa, rugaragaza ko DStv nk’Ikigo kiri mu ishoramari ry’itangazamakuru, kiza mu bigo 100 bifite brands zishimiriwa kandi zikunzwe kurusha izindi [Top 100 most admired brands] ku Mugabane wa Afurika.

Iki cyegeranyo kigaragaza ko muri uyu mwaka wa 2022, habayeho izamuka rya 4% kuko ryageze kuri 17% rivuye kuri 13% ryari ryabayeho muri 2020-2021.

Mu myaka itatu ishize, Ibigo by’ubucuruzi n’iby’ishoramari byo ku Mugabane wa Afurika, byarushijeho gukoresha imbaraga nyinshi mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ndetse no kwihutisha intego z’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) bigendeye ku ngamba zashyizweho n’Ibihugu, bituma na byo ubwabyo bizamuka.

Ku rutonde rusange, DStv iza ku mwanya wa 37 mu gihe mu bigo byo muri Afurika iza ku mwanya wa gatatu nyuma MTN na Dangote ziyoboye urutonde rw’ibi bigo byo muri Afurika bifite brands zikunzwe kurusha izindi muri Afurika.

MTN iri ku mwanya wa mbere mu bigo byo muri Afurika, iri ku mwanya wa 10 ku rutonde rusange, naho Dangote ikaza ku mwanya wa 22.

Ku rutonde rusange, Nike iri ku mwanya wa mbere muri brands zikunzwe kurusha izindi muri Afurika, igakurikirwa na Adidas, ku mwanya wa gatatu hakaza Samsung, ku wa kane hakaza Coca Cola ikurikirwa na Apple ya gatanu.

Ku mwanya wa gatandatu haza Tecno ikurikirwa na Gucci ku mwanya wa karindwi, ku mwanya wa munani hakaza Toyota na yo ikurikirwa na Puma iza ku mwanya wa cyenda.

Mu bigo bikora ibijyanye n’itangazamakuru, DStv iza ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange mu bigo bikunzwe bikunzwe kuri uyu Mugabane wa Africa. Ikurikirwa na BBC, ku mwanya wa 3 hakaza CNN mu gihe Al Jazeera ari iya 4 naho Canal + ikaba ku mwanya wa 5.

Brand Africa kandi yagaragaje ibigo 25 byo ku Mugabane wa Afurika bifite brands ziteye ishema, aho DStv iza ku mwanya wa kane. Ikurikira MTN iri ku mwanya wa gatatu, na yo ikurikira Ethiopian Airlines mu gihe Dangote iri ku mwanya wa mbere.

 

DStv, intagereranywa muri serivisi z’isakazamashusho…Ibigwi byayo birivugira

DStv, imwe muri kompanyi zicuruza serivisi zijyanye n’isakazamashusho ku mugabane wa Afurika, ikaba ku isonga mu kwerekana amashusho meza anogeye ijisho ndetse ikaba izwiho kuba ari iya mbere mu gutanga serivisi zinoze.

Iyi sosiyete ikomoka muri Afurika y’Epfo, yabonye izuba mu 1992 ubwo yagaragazaga amashusho azwi nka Analogue, iza kumurikwa ku mugaragaro tariki 06 Ukwakira 1996 ubwo hatangiraga amashusho meza azwi nka digital ari nabwo yahise ifata iri zina rya DStv (Digital Satellite Television).

Muri uwo mwaka kandi yahise itangira gukorera mu Bihugu 20 byo ku Mugabane wa Afurika, ndetse iba sosiyete ya mbere yazanye ubucucuruzi bw’isakazamashusho ryo mu ngo kuri uyu Mugabane wa Afurika.

Muri 2002, DStv yatangije uburyo bwa Dekoderi buri no mu bukoreshwa cyane muri iki gihe aho bufasha umuntu kuba yareba amashene atandukanye yo ku Isi hose.

Muri 2006, hatangijwe igerageza ryo kureba amashusho hifashishijwe telefone ngendanwa bwatangijwe buzwi nka DStv Mobile ubu bukaba buzwi nka DStv App aho bwamuritswe ku mugaragaro muri 2011.

Iyi sosiyete icuruza serivisi z’isakamazamashusho, kugeza ubu ikorera mu Bihugu 50 byo ku Mugabane wa Afurika birimo ibyo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Imibare ya 2020, igagaraza ko DStv ifite abafatabuguzi miliyoni 20,1 bo ku Mugabane wa Afurika.

DStv kandi izwiho kuba iza ku isonga mu kwerekana ibiganiro byihariye by’imyidagaduro, iby’ubumenyi, films ndetse n’imikino iba igezweho ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Next Post

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Related Posts

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

IZIHERUKA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje
MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.