Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana

radiotv10by radiotv10
07/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyamabanga wa Commonwealth uri mu Rwanda yashimangiye ko CHOGM y’i Kigali itazibagirana
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealt), Patricia Scotland uri mu Rwanda, yavuze ko yishimiye kugaruka mu Rwanda, ndetse yongera gushimangira ko CHOGM yabereye i Kigali, yagenze neza.

Patricia Scotland yaherukaga mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka ubwo yari yitabiriye inama ya CHOGM yabere i Kigali aho yanongeye gutorerwa gukomeza kuba Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye.

Yagize ati “Twaganiriye ku migendekere myiza ya CHOGM ya 2022, twemeranyijwe ku kamaro gakomeye ko kuba u Rwanda ari rwo ruyoboye Commonwealth byumwihariko kuba duhuje intego.”

Ubwo CHOGM yari rimo ibera i Kigali, hagarutswe ku ntego za Commonwealth zirimo gukorera hamwe ndetse no kutagira umuntu n’umwe usigara inyuma, bihuye neza neza n’intego z’u Rwanda z’ubumwe bw’Abanyarwanda no kuzamura imibereho yabo nta n’umwe usigaye.

Patricia Scotland yavuze kandi ko mu mikoranire y’Umuryango wa Commonwealth n’u Rwanda harimo amahirwe menshi, ati “atari ku Mugabane wa Afurika gusa ahubwo no kuri Commonwealth ndetse n’Isi yose. Twemeranyinjwe ku musaruro wo gukorera hamwe mu bijyanye na Inovasiyo, urubyiruko, ubuzima, siporo, kwihaza mu biribwa ndetse n’ubuhinzi.”

Yasoje agira ati “Nishimiye gukorana na Perezida Paul Kagame na Vincent Biruka ndetse na Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’Ibihugu bindi binyamuryango bya Commonwealth mu gukomeza kuzanira ufushya umuryango wa Commonwealth no kuwuteza imbere.”

Ubwo iyi nama yaberaga i Kigali, Perezida Paul Kagame yahawe kuyobora Commonwealth mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere.

Patricia Scotland yagiranye ibiganiro na Minisitiri Biruta

Yishimiye kugaruka mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 3 =

Previous Post

Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro

Next Post

Rubavu: Ukekwa ko ari igisambo yashatse gutera icyuma Abapolisi bamusubiza isasu

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye
AMAHANGA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ukekwa ko ari igisambo yashatse gutera icyuma Abapolisi bamusubiza isasu

Rubavu: Ukekwa ko ari igisambo yashatse gutera icyuma Abapolisi bamusubiza isasu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.