Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA
0
M23 ubu ifite abavugizi batatu nyuma yo gushyiraho uwitwa Munyarugerero
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa M23 bwashyizeho umuvugizi wungirije mu bya Politiki ari we Canisius Munyarugerero, buvuga ko biri mu rwego rwo gukomeza kongerera ingufu urwego rw’itumanaho rw’uyu mutwe.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 kuri iki Cyumweru tariki 11 Nzeri 2022, uyu mutwe uvuga ko ugendeye ku cyemezo cyo ku ya 31 Nyakanga 2022 cyo gushyiraho Umuvugizi mu bya Politiki, wafashe ikindi cyemezo.

Muri iri tangazo rivuga ko iki cyemezo kihutirwa kandi ari ngombwa, M23 itangaza ko yafashe umwanzuro “wo gushyiraho umuvugizi wungiriye wa M23 umuvandimwe Canisius Munyarugerero.”

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yashimangiye ko guhera igihe batangarije uyu mwanzuro, “Umuvandimwe Canisius Munyarugerero yahawe inshingano, kuva uyu munsi arafata inshingabo zo kuba umuvugizi wungirije mu bya Politiki wa M23, mu rwego rwo guha imbaraga itumanaho ryacu.”

Le camarade Canisius Munyarugerero assume, à partir de ce jour, les fonctions de Porte-parole politique adjoint du Mouvement du 23 mars pour renforcer notre communication de proximité. pic.twitter.com/WtDqopiWBv

— Bertrand Bisimwa (@bbisimwa) September 11, 2022

Tariki 31 Nyakanga, ubuyobozi bwa M23 bwashyizeho umuvugizi wihariye mu bya Politiki ari we Lawrence Kanyuka akaba agiye kungirizwa n’uyu washyizweho Canisius Munyarugerero.

M23 yavugaga ko iki cyemezo cyo gushyiraho umuvugizi wihariye mu bya Politiki, kigamije kunoza imikorere y’uyu mutwe.

M23 isanzwe ifite Umuvugizi mu bya Gisirikare ari we Maj Willy Ngoma wagiye anumvikana cyane asobanura ibyerekeye ibikorwa bya gisirikare mu minsi ishize ubwo urugamba hagati y’uyu mutwe na FARDC rwari rukomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + thirteen =

Previous Post

U Rwanda n’u Bufaransa mu yindi ntambwe yo kugaragaza ukuri kuri Jenoside

Next Post

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.