Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutunganyamuziki wamamaye mu Karere uzwi nka Washington, yagaragaje urutonde rw’indirimbo 20 yatunganyije ariko bene zo bakaba baranze kumwishyura, barimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni, none yabahaye amasaha 24 ngo babe bamwishyuye ibitaba ibyo akabafatira icyemezo gikomeye.

Uyu mutunganyamiziki ufite izina rikomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko abo bantu yatunganyirije imiziki bakanga kumwishyura, bagomba kumwishyura bitarenze amasaha 24 batabikora agahita asibisha ibihangano byabo ku mbuga zose biriho.

Mu bandi yagaragaje ko yatunganyirije imiziki ntibamwishyure, barimo abahanzi bakomeye muri Uganda nka Bobi Wine, Cindy, Radio&Weasel, Bebe Cool, Jackie Chandiru na Juliana Kanyomozi.

Aba bahanzi bafite amazina aremereye mu karere, bamenyekaniye ku bihangano byatunganyijwe n’uyu mutunganyamiziki David Washington Ebangit nkuko abivuga.

Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Mbere, Washington yasohoye inyandiko isa nk’iburira aba yakoreye umuziki ntibamwishyure ko bamwishyura mu maguru mashya.

Mu ndirimbo 20 yagaragaje yatunganyije ntaryeho n’urupfusha, harimo iya Museveni izwi nka ‘Kwezi Kwezi’, aho yavuze ko yayitunganyije yiyushye akuya.

Yagize ati “Kuva mu myaka yatambutse natunganyije imiziki yahinduriye ubuzima benshi. Nageze ku ntego nashakaga bityo rero nkeneye guhabwa ubwishyu bw’ibikorwa byanjye byose.”

Yakomeje agira ati “Abantu benshi bari gusarurira mu mbaraga zanjye natakaje ariko ndabizi neza ko Imana izahana buri wese utarazirikanye ngo anyishyure.”

Yasoje agira ati “Mbahaye amasaha 24 bakaba batangiye kunyishyura bitaba ibyo ibihangano byabo bikava ku mbuga zose z’ikoranabuhanga.”

 

Indirimbo 20 yagaragaje ko agomba kwishyurwa

  1. Don’t Cry – (Wizkid ft Goodlife)
  2. Talk and Talk (Goodlife)
  3. Ngenda Maaso (Goodlife)
  4. Juicy Juicy (Goodlife)
  5. Breath Away (Goodlife)
  6. Fire Anthem (East African Bashment Crew)
  7. Wendi (Bobi Wine)
  8. Adam ne Eva (Bobi Wine)
  9. One and Only (Cindy)
  10. Gold Digger (Jackie Chandiru)
  11. Vitamin (Lilian Mbabazi)
  12. Love Letter (Lilian Mbabazi)
  13. Kwezi Kwezi (M7)
  14. Ayokyayokya (Cindy)
  15. Ediba (Juliana Kanyomozi)
  16. Akama (Sama Sojah)
  17. Number Emu (Goodlife)
  18. Lonely (Bebe Cool)
  19. Kintu Riddim
  20. Fire Burn Dem (Bebe Cool and Dizzy Nuts)

 RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 11 =

Previous Post

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu

Next Post

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Related Posts

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

by radiotv10
25/05/2026
0

Most people think about health and money as two separate conversations. Health is about what you eat, how much you...

IZIHERUKA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima
AMAHANGA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.