Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutunganyamuziki wamamaye mu Karere uzwi nka Washington, yagaragaje urutonde rw’indirimbo 20 yatunganyije ariko bene zo bakaba baranze kumwishyura, barimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni, none yabahaye amasaha 24 ngo babe bamwishyuye ibitaba ibyo akabafatira icyemezo gikomeye.

Uyu mutunganyamiziki ufite izina rikomeye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yavuze ko abo bantu yatunganyirije imiziki bakanga kumwishyura, bagomba kumwishyura bitarenze amasaha 24 batabikora agahita asibisha ibihangano byabo ku mbuga zose biriho.

Mu bandi yagaragaje ko yatunganyirije imiziki ntibamwishyure, barimo abahanzi bakomeye muri Uganda nka Bobi Wine, Cindy, Radio&Weasel, Bebe Cool, Jackie Chandiru na Juliana Kanyomozi.

Aba bahanzi bafite amazina aremereye mu karere, bamenyekaniye ku bihangano byatunganyijwe n’uyu mutunganyamiziki David Washington Ebangit nkuko abivuga.

Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Mbere, Washington yasohoye inyandiko isa nk’iburira aba yakoreye umuziki ntibamwishyure ko bamwishyura mu maguru mashya.

Mu ndirimbo 20 yagaragaje yatunganyije ntaryeho n’urupfusha, harimo iya Museveni izwi nka ‘Kwezi Kwezi’, aho yavuze ko yayitunganyije yiyushye akuya.

Yagize ati “Kuva mu myaka yatambutse natunganyije imiziki yahinduriye ubuzima benshi. Nageze ku ntego nashakaga bityo rero nkeneye guhabwa ubwishyu bw’ibikorwa byanjye byose.”

Yakomeje agira ati “Abantu benshi bari gusarurira mu mbaraga zanjye natakaje ariko ndabizi neza ko Imana izahana buri wese utarazirikanye ngo anyishyure.”

Yasoje agira ati “Mbahaye amasaha 24 bakaba batangiye kunyishyura bitaba ibyo ibihangano byabo bikava ku mbuga zose z’ikoranabuhanga.”

 

Indirimbo 20 yagaragaje ko agomba kwishyurwa

  1. Don’t Cry – (Wizkid ft Goodlife)
  2. Talk and Talk (Goodlife)
  3. Ngenda Maaso (Goodlife)
  4. Juicy Juicy (Goodlife)
  5. Breath Away (Goodlife)
  6. Fire Anthem (East African Bashment Crew)
  7. Wendi (Bobi Wine)
  8. Adam ne Eva (Bobi Wine)
  9. One and Only (Cindy)
  10. Gold Digger (Jackie Chandiru)
  11. Vitamin (Lilian Mbabazi)
  12. Love Letter (Lilian Mbabazi)
  13. Kwezi Kwezi (M7)
  14. Ayokyayokya (Cindy)
  15. Ediba (Juliana Kanyomozi)
  16. Akama (Sama Sojah)
  17. Number Emu (Goodlife)
  18. Lonely (Bebe Cool)
  19. Kintu Riddim
  20. Fire Burn Dem (Bebe Cool and Dizzy Nuts)

 RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + eleven =

Previous Post

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu

Next Post

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Related Posts

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

IZIHERUKA

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État
AMAHANGA

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

U Rwanda ruzohereze ingabo zitazarenga umupaka warwo-Lutundula abajijwe niba RDF koko itazajya DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.