Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu

radiotv10by radiotv10
13/09/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 72 yugama mu bwiherero nyamara yarabwubakiwe asaba gusanirwa inzu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umuturanyi ati “Biragayitse kubakira umuntu ubwiherero ukanashyiramo sima aba mu nzu iva.”
  • V/Mayor abaza umunyamakuru ati “Ubwiwe niki ko arara mu bwiherero?”

Umukecuru wo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko iyo imvura iguye nijoro yugama mu bwiherero yubakiwe n’ubuyobozi abubwira ko icyaba cyiza bamusanira inzu abamo ariko bukamwima amatwi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye uyu mukecuru witwa Nyirangirumpatse Marriane utuye mu Mudugudu Kashenjari muri aka Kagari ka Karusimbi, asanga amarira ari yose.

Yamutekerereje iyi mibereho mibi arimo ituma hari igihe ajya arara mu bwiherero we n’aabuzukuru be, anyuzamo amarira akazenga mu maso.

Avuga ko iyo imvura iguye ari ku manywa ajya kugama mu baturanyi ariko yagwa nijoro akabura uko ajya kubabyutsa, agahitamo kujya mu bwiherero.

Ati “Iyo iguye ari nijoro mbyutsa abana tugafata agashitingi kari aha tukagasasa mu musarani tukiyicarira aho.”

Umunyamakuru wahise amubaza niba ibyo avuga ari ukuri, yahise amusubiza arahira ati “Imana ihoraho.” Arangije arimyoza, ahita ajya kwereka Umunyamakuru uko babigenza.

Umunyamakuru yamubajije niba batanukirwa, asubiza agira ati “None nitunukirwa tugire dute?”

Bajya mu bwiherero bagasasamo shitingi bakaba ari ho barara

Ubuyobozi bwamwubakiye ubwiherero asaba gusanirwa inzu buramutsembera

Uyu mukecuru avuga ko ubu bwiherero bajya kuraramo iyo imvura iguye, yabwubakiwe n’ubuyobozi mu gihe we yasabaga ko isakaro ryabushyizweho yarihabwa akarishyira ku nzu abamo.

Ati “Nabajije Gitifu w’Umurenge nti ‘ubu ntabwo mwambararira aya mabati mugiye gushyira ku musarani mukayampa nkayashyira aho ndyama, noneho ayo dukuyeho akajya ku musarani?’ barambwira ngo ‘ayagenewe umusarani ni umusarani’.”

Abaturanyi ba Nyirangirumpatse bavuga ko ibyakozwe n’ubuyobozi bigayitse kubona bwarubakiye uyu mukecuru umusarani ariko bukanga kumwubakira aho arambika umusaya.

Umwe ati “Nawe urebye urabona ko bigayitse, ahubwo twagaya ababibona baza kumusura ntibagire icyo babikoraho. Ngo basanze umusarani ufite agaciro kurenza inzu, urabona ko umusarani ukomeye, urimo na sima!!”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie wabaye nk’ubwira Umunyamakuru ko ibyo byo kuba uyu mukecuru arara mu bwiherero atari byo, yavuze ko iki kibazo batakizi.

Ati “Ayo makuru uduhaye abaye ari yo, dufatikanye kuko ntabwo bikwiye ko umuturage ashobora kuba atishoboye ngo abe yaba mu nzu iva hanyuma nijoro nihagera ajye kurara mu bwiherero.”

Uyu muyobozi wabajije umunyamakuru kumuha imyirondoro y’uyu mukecuru, yavuze ko bigoye kuba abayobozi bamenya abaturage bose bafite ibibazo.

Ni imvugo yumvikanamo kutuzuza inshingano kwa bamwe mu bayobozi, byanagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame uherutse kugirira uruzinduko mu bice binyuranye by’Igihugu birimo n’aka Karere ka Nyamaseheke.

Avuga ko yari yasabye ko amabati yashyizwe ku bwiherero yajya ku nzu abamo ariko baramutsembera

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame muri Kenya yakiranywe ubwuzu na William Ruto (AMAFOTO)

Next Post

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Washington yagaragaje 20 barimo Museveni yatunganyirije umuziki bakamwambura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.