• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
0
Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!
Share on FacebookShare on Twitter
  • Umuyobozi muri MINEDUC ati “Ikarita y’umunyeshuri koko ikwiye kurenza 500Frw?”

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bazarenga ku mabwiriza aherutse gushyirwaho, bagatumbagiza amafangara acibwa ababyeyi, bibukijwe ko hari ibihano bibategereje dore ko hari amakuru yatanzwe ko hari aho ikarita y’umunyeshuri n’iyi myitwarire zageze ku bihumbi 20 Frw.

Ibi byagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Minisiteri y’Uburezi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbyuye ya Leta ndetse n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yagarukaga ku myiteguro y’itangira ry’umwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Iyi nama ibaye nyuma y’iminsi micye Guverinoma y’u Rwanda itangaje amabwiriza mashya ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yashyizwe hanze tariki 14 Nzeri 2022.

Aya mabwiriza agaragaza ko umunyeshuri utaha azajya yishyirirwa 19 500 Frw naho uwiga aba mu kigo akazajya yishyurirwa 85 000 Frw.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette yavuze ko hari amakuru yatanzwe ko hari abayobozi b’ibigo by’amashuri batangiye kurenga kuri aya mabwiriza.

Yagize ati “Hari abayobozi [b’ibigo by’amashuri] barimo kuzamura ibiciro by’ibikoresho bigurishirizwa ku ishuri. Hari urugero twabonye uwavuze ngo ikarita y’ishuri n’iyimyitwarire yayishyize ku bihumbi 20…’muraseka ariko twabibonye’.”

Nirere Claudette avuga ko impamvu y’ariya mabwiriza, harimo no guca izi ngeso zo guca amafaranga y’umurengera yajyaga ashyirwaho na bamwe mu bayobozi b’Ibigo by’amashuri. Ati “Iyi karita yagombye kurenza maganatanu (500 Frw)?”

Muri ibi biganiro MINEDUC yagiranye n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri, hari abagaragaje ko bari bagifite imishinga myiza nko kubaka inzitiro.

Ati “Hari n’abubaka amasale mberabyombi bagakoreramo ibindi bintu, ibyo na byo twasabye cyane cyane abayobozi b’Uturere tw’Umujyi wa Kigali kwegera ayo mashuri noneho bigasabwa bigashyirwa mu ngengo y’imari kuko nubundi aba ari amashuri ya Leta. Umuyobozi uzabirengaho azahanwa, ibi ntabwo ari ubwa mbere tubivuze kandi tuzakomeza kubisubiramo.”

Bamwe mu bayobizi b’Ibigo by’amashuri bagaragaza ko aya mabwiriza mashya ashobora kuzabagonga kuko hari n’abari bafite imishinga bari baratangiye kandi bumva ko hari uruhare ruzava mu babyeyi bayarereramo.

Mwizerwa Appolinaire uyobora Urwunge rw’Amashuri rwa Urumuri mu Karere ka Nyagatare, avuga ko bari batangiye kubaka no kuvugurura ibyumba by’amashuri kugira ngo bakureho uburyo abana bigaga igitondo n’ikigoroba.

Ati “Ndetse ubu ibikorwa bimwe biriho birakorwa, twumvaga kuzabyishyura, amafaranga tuzayakura mu yo twagombaga gusaba ababyeyi dusanzwe tuyasaba.”

Uyu muyobozi wa GS Urumuri uvuga ko hari n’indi mishinga bateganyaga yose igamije kuzamura imyigire myiza y’abanyeshuri, yavuze ko ababyeyi barerera muri iri shuri bari basanzwe bishyura ibihumbi bitanu (5 000 Frw) agenerwa ibikorwa nk’ibi ariko ko aya mabwiriza mashya atabyemera.

MINEDUC yaganiriye n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Robert Nyamvumba warezwe mu rubanza rwa Miliyari 7Frw ntakiri muri Gereza

Next Post

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

Umwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda ari i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.