Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Siwe wa mbere- Minisitiri avuga ku mwana ‘watewe inkingo 2 icyarimwe’

radiotv10by radiotv10
24/09/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Umwana ‘watewe doze 2 z’inkingo icyarimwe’ hasobanuwe uko byagenze n’ingaruka byamusigiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr Tharcisse Mpunga yavuze ko umwana wo muri Karongi bivugwa ko yatewe doze ebyiri z’urukingo rwa COVID-19 icyarimwe, atari we wa mbere bibayeho ndetse ko hari n’uwatewe izirenze ebyiri kandi ko abenshi byabayeho, nta ngaruka byabagizeho.

Muri iki cyumweru, RADIOTV10 yakoze inkuru ku mwana wo mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi bivugwa ko yatewe doze ebyiri z’urukingo rwa COVID icyarimwe, bikaba byaramugizeho ingaruka.

Umubyeyi w’uyu mwana, yavuze ko uyu mwana yatewe izi doze ebyiri muri Gashyantare ku ishuri ribanza rya Rugabano yigaho.

Uyu mubyeyi yavugaga ko umuganga wakingiye umwana we, yabanje kumutera doze ya mbere agahita abyibagirwa, ubundi agahita yongera akamutera indi, ariko umwana akabanza kumubwira ko yamukingiye ariko muganga akamubwira ko ari amayeri yo gushaka kwanga kwikingiza.

Yavuze ko nyuma yo guterwa izo doze ebyiri icyarimwe, byamugizeho ingaruka kuko yahise atangira kugira isereri akagira n’ibindi bibazo byo mu mutwe, bigatuma bajya kumuvuza mu bitaro binyuranye birimo ibya Ndera n’ibya gisirikare.

Uyu mubyeyi yavuze ko nubwo umwana wabo yavuriwe muri aya mavuriro yose, ariko n’ubu agifite ibibazo birimo kwibagirwa, ndetse kumuvuza bikaba byarabasigiye ubukene.

Ubwo yari mu kiganiro n’Itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Nzeri 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr Tharcisse Mpunga yagarutse kuri iki kibazo.

Yagize ati “Kugeza uyu munsi si we wa mbere waba utewe inkingo ebyiri, twarababonye benshi batandukanye, hari n’uwigeze guterwa doze zirenge ebyiri ariko kugeza uyu munsi ntawe twigeze tubona wagize ikibazo kubera doze nyinshi, kuko umubiri w’umuntu ufite ubushobozi bwo gusohora umuti umuntu yabonye mu mubiri we, cyane cyane iyo akiri na muto kandi urukingo nta ngaruka rwamuteye.”

Dr Mpunga yavuze ko ikibazo cy’uyu mwana batangiye kugikurikirana ndetse ko Minisiteri y’Ubuzima yohereje itsinda ryo gukurikirana uyu mwana kugira ngo hamenyekane ikibazo afite.

Avuga ko ibibazo bigaragazwa n’uyu mwana, bishobora kuba byaratewe n’izindi mpamvu ariko bikitiranwa ko yaba yarabitewe n’izi nkingo.

Ati “Hari igihe abantu bitiranya ibintu, hari igihe umuntu ashobora kuba afite uburwayi busanzwe cyangwa se n’ikindi kibazo akakitirira ikindi, na byo birashoboka.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, yavuze ko nyuma yo kumenya amakuru arambuye ku kibazo cy’uyu mwana, azatangazwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

‘Ndongora nitunge’, umuvuno waciwe n’abakobwa bahonga abahungu bakarushingana ariko ntirumare kabiri

Next Post

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.