Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in AMAHANGA
0
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare mu mpfu z’abantu barenga 420 kubera inyigisho ze z’ubuyobe abasaba kutagira icyo barya ngo bazahure na Yesu, yongeye kuvugwaho impfu z’abandi 52 bapfuye nyuma na bwo kubera inyigisho ze.

Uyu Mupasiteri wayoboraga Itorero Good News International, yatawe muri yombi mu 2023 nyuma yuko hatahuwe imirambo y’abantu 429, barimo n’abana, yabonetse mu mva rusange mu ishyamba rya Shakahola riri ahantu hitaruye ingo.

Arafunzwe kuva yatabwa muri yombi, ariko kandi hasohotse amakuru avuga ko ashinjwa kugira uruhare mu mpfu z’abandi bantu 52 bitabye Imana kubera inyigisho ze yatanze mu nyandiko ari muri Gereza.

Ibiro by’Ubushinjacyaha muri Kenya, mu itangazo biherutse gusohora, byatangaje ko byakiriye uruhushya bwemerera uru rwego “gushinja ku mugaragaro umuyobozi w’Itorero rya Good News International, Paul Nthenge Mackenzie, n’abo baregwa hamwe urupfu rw’abantu 52 basanzwe mu rugo rwa Binzaro mu Karere ka Kilifi.”

Mackenzie “Yakekwagaho kuba ari we wateguye” ibikorwa byavuyemo gupfa kwa bariya bantu kandi yakoresheje “inyigisho zikomeye n’ingamba zihujwe kugira ngo akurure abitabye Imana” mu gace kitaruye, nk’uko byatangajwe n’ubushinjacyaha.

Ibiro by’Ubushinjacyaha bikomeza bigira biti “Abakora iperereza batahuye inyandiko zanditse mu byumba bya gereza [byari bifitwe na Mackenzie], bivugwa ko zigaragaza ibikorwa byakozwe hakoreshejwe telefoni zigendanwa.”

Mackenzie n’abandi bazashinjwa ibyaha bitandukanye, birimo gukwirakwiza ibikorwa by’ubutagondwa, “gushishikariza ibikorwa by’iterabwoba”, n’ubwicanyi buherutse gukorwa, hiyongereyeho ibirego bya mbere bijyanye n’imva rusange zavumbuwe mu ishyamba rya Shakahola.

Umwaka ushize, imirambo igera kuri 34 n’ibice birenga 100 by’imibiri byavumbuwe n’abakoraga iperereza i Binzaro, mu bilometero 30 uvuye i Shakahola ku nkombe y’inyanja y’u Buhindi. Ibi nibyo byatumye habaho ibirego biheruka.

Bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri umwe mu baregwa hamwe na Mackenzie akaba n’uwahoze ari umuyobozi w’umutekano muri Shakahola, Enos Amanya Ngala, yemeye ibyaha ashinjwa bijyanye n’urupfu rw’abana 191 babonetse mu mva rusange za mbere.

Abarokotse bavuga ko abana bagombaga kuba aba mbere mu kwiyicisha inzara, nk’uko itegeko ryari ryatanzwe na Mackenzie ribivuga. Hanyuma hagakurikiraho abatarashaka, abagore, abagabo, ndetse n’abayobozi b’itorero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Next Post

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.