Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in AMAHANGA
0
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare mu mpfu z’abantu barenga 420 kubera inyigisho ze z’ubuyobe abasaba kutagira icyo barya ngo bazahure na Yesu, yongeye kuvugwaho impfu z’abandi 52 bapfuye nyuma na bwo kubera inyigisho ze.

Uyu Mupasiteri wayoboraga Itorero Good News International, yatawe muri yombi mu 2023 nyuma yuko hatahuwe imirambo y’abantu 429, barimo n’abana, yabonetse mu mva rusange mu ishyamba rya Shakahola riri ahantu hitaruye ingo.

Arafunzwe kuva yatabwa muri yombi, ariko kandi hasohotse amakuru avuga ko ashinjwa kugira uruhare mu mpfu z’abandi bantu 52 bitabye Imana kubera inyigisho ze yatanze mu nyandiko ari muri Gereza.

Ibiro by’Ubushinjacyaha muri Kenya, mu itangazo biherutse gusohora, byatangaje ko byakiriye uruhushya bwemerera uru rwego “gushinja ku mugaragaro umuyobozi w’Itorero rya Good News International, Paul Nthenge Mackenzie, n’abo baregwa hamwe urupfu rw’abantu 52 basanzwe mu rugo rwa Binzaro mu Karere ka Kilifi.”

Mackenzie “Yakekwagaho kuba ari we wateguye” ibikorwa byavuyemo gupfa kwa bariya bantu kandi yakoresheje “inyigisho zikomeye n’ingamba zihujwe kugira ngo akurure abitabye Imana” mu gace kitaruye, nk’uko byatangajwe n’ubushinjacyaha.

Ibiro by’Ubushinjacyaha bikomeza bigira biti “Abakora iperereza batahuye inyandiko zanditse mu byumba bya gereza [byari bifitwe na Mackenzie], bivugwa ko zigaragaza ibikorwa byakozwe hakoreshejwe telefoni zigendanwa.”

Mackenzie n’abandi bazashinjwa ibyaha bitandukanye, birimo gukwirakwiza ibikorwa by’ubutagondwa, “gushishikariza ibikorwa by’iterabwoba”, n’ubwicanyi buherutse gukorwa, hiyongereyeho ibirego bya mbere bijyanye n’imva rusange zavumbuwe mu ishyamba rya Shakahola.

Umwaka ushize, imirambo igera kuri 34 n’ibice birenga 100 by’imibiri byavumbuwe n’abakoraga iperereza i Binzaro, mu bilometero 30 uvuye i Shakahola ku nkombe y’inyanja y’u Buhindi. Ibi nibyo byatumye habaho ibirego biheruka.

Bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri umwe mu baregwa hamwe na Mackenzie akaba n’uwahoze ari umuyobozi w’umutekano muri Shakahola, Enos Amanya Ngala, yemeye ibyaha ashinjwa bijyanye n’urupfu rw’abana 191 babonetse mu mva rusange za mbere.

Abarokotse bavuga ko abana bagombaga kuba aba mbere mu kwiyicisha inzara, nk’uko itegeko ryari ryatanzwe na Mackenzie ribivuga. Hanyuma hagakurikiraho abatarashaka, abagore, abagabo, ndetse n’abayobozi b’itorero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Next Post

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.