Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu nyinshi zishobora gutuma bakorana kimwe n’uko rikorana n’Igihugu cya Uganda.

Ni nyuma yuko Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana agize icyo avuga ku mikoranire y’u Rwanda na AFC/M23, ariko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ibitangazamakuru bibushyigikiye bakabisamira hejuru, bubikoresha ko bashimangira ikinyoma cyabo ko iki Gihugu gifasha ririya Huriro.

Ni mu gihe u Rwanda rwamaganye kenshi ibirego by’ibinyoma rushinjwa ko rufasha Ihuriro AFC/M23 rigizwe n’Abanyekongo bahagurukiye kurwanya akarengane gakorerwa bamwe muri benewabo.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu kiganiro yagiranye na Igihe, yavuze ko itangazamakuru rikorera mu kwaha kwa Leta ya Kinshasa ryasobanuye nabi ibyatangajwe na Ambasaderi, rikabiha igisobanuro gihabanye n’ukuri.

Ati “Madamu Ambasaderi yavuze ibijyanye n’imikoranire (Collaboration) ariko mu bisobanuro by’abanyamakuru, bavuga guterwa inkunga (soutenir), ni umukino wo kuyobya abantu. Ese ni mu yihe Dictionaire (Inkoranyamagambo) y’Igifaransa bavuga ko ‘collaborer [gukorana]’ bisobanura ‘Soutenir [gufasha]?’ nta na hamwe.”

 

Gurakorana ntibisobanuye guterwa inkunga

Corneille Nangaa yemeza ko aramutse abajijwe ko AFC/M23 ikorana n’u Rwanda, igisubizo yatanga cyoroshye, kandi ko atari na rwo gusa rukorana n’iri Huriro.

Ati “Ese uravuga ko gukorana (Collaborer/collaborate) bisobanuye guterwa inkunga? Oya. Ese dukorana n’u Rwanda?, ndabyemereza hano ko dukorana. Ese dukorana n’u Rwanda gusa, ashwi, dukorana ndetse na Uganda.”

Yavuze ko hari ingingo zinyuranye iri Huriro rishobora gukoranamo n’u Rwanda, atanga ingero, zirimo nko mu rwego rw’umutekano dore ko impande zombi zinahuje ikibazo cy’umutwe wa FDLR uri mu byatumye havuka ririya Huriro kubera kugirira nabi Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, kandi ukaba unafite intego yo gutera u Rwanda.

Ati “Abarwanyi ba FDLR bafite intego yo kujya guhungabanya ubutegetsi bwa Kigali kandi bari muri Congo bariho barica abaturage, bagateza ihungabana ry’umutekano. Ni ikibazo duhuriyeho. Kurandura uyu mutwe, ni ikintu kinaraje inshinga cyane u Rwanda.”

Yavuze kandi ko kuva AFC/M23 yafata Umujyi wa Goma, hari abarwanyi benshi ba FDLR iri Huriro ryagiye rifata rikaboherereza u Rwanda. Ati “None se iyo si imikoranire.”

Akomeza agira ati “Indi ngingo, dusangiye n’u Rwanda bimwe mu bice byo ku mipaka, hari Petite Barriere, hari Grande Barriere i Goma, i Bukavu hari Umupaka w’i Cyangugu, i Bunagana ku rundi ruhande dufite indi mipaka.

Mwaba muzi umubare w’abantu yaba ari Abanyekongo cyangwa Abanyarwanda ndetse n’abandi banyamahanga bakora ingendo bajya cyangwa bava mu Gihugu kimwe bakoresheje iyi mipaka? Ni abantu barenga ibihumbi mirongo ine ku munsi. Ibyo bivuze iki?, kuri buri mupaka hari abashinzwe abinjira n’abasohoka b’u Rwanda ndetse n’abacu. Uko ni ugukorana, turakorana, kandi si u Rwanda gusa, ahubwo no mu majyaruguru yacu i Bunagana, za Kishasha, hari imipaka dufitanye na Uganda, na bo turakorana.”

Corneille Nangaa avuga ko imikoranire ya AFC/M23 n’u Rwanda ihari rwose kandi ko atari rwo gusa ahubwo ko iri no kuri Uganda, ariko ko ibyo bitavuze ko ibyo Bihugu bitera inkunga iri huriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Next Post

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.