Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu nyinshi zishobora gutuma bakorana kimwe n’uko rikorana n’Igihugu cya Uganda.

Ni nyuma yuko Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana agize icyo avuga ku mikoranire y’u Rwanda na AFC/M23, ariko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ibitangazamakuru bibushyigikiye bakabisamira hejuru, bubikoresha ko bashimangira ikinyoma cyabo ko iki Gihugu gifasha ririya Huriro.

Ni mu gihe u Rwanda rwamaganye kenshi ibirego by’ibinyoma rushinjwa ko rufasha Ihuriro AFC/M23 rigizwe n’Abanyekongo bahagurukiye kurwanya akarengane gakorerwa bamwe muri benewabo.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu kiganiro yagiranye na Igihe, yavuze ko itangazamakuru rikorera mu kwaha kwa Leta ya Kinshasa ryasobanuye nabi ibyatangajwe na Ambasaderi, rikabiha igisobanuro gihabanye n’ukuri.

Ati “Madamu Ambasaderi yavuze ibijyanye n’imikoranire (Collaboration) ariko mu bisobanuro by’abanyamakuru, bavuga guterwa inkunga (soutenir), ni umukino wo kuyobya abantu. Ese ni mu yihe Dictionaire (Inkoranyamagambo) y’Igifaransa bavuga ko ‘collaborer [gukorana]’ bisobanura ‘Soutenir [gufasha]?’ nta na hamwe.”

 

Gurakorana ntibisobanuye guterwa inkunga

Corneille Nangaa yemeza ko aramutse abajijwe ko AFC/M23 ikorana n’u Rwanda, igisubizo yatanga cyoroshye, kandi ko atari na rwo gusa rukorana n’iri Huriro.

Ati “Ese uravuga ko gukorana (Collaborer/collaborate) bisobanuye guterwa inkunga? Oya. Ese dukorana n’u Rwanda?, ndabyemereza hano ko dukorana. Ese dukorana n’u Rwanda gusa, ashwi, dukorana ndetse na Uganda.”

Yavuze ko hari ingingo zinyuranye iri Huriro rishobora gukoranamo n’u Rwanda, atanga ingero, zirimo nko mu rwego rw’umutekano dore ko impande zombi zinahuje ikibazo cy’umutwe wa FDLR uri mu byatumye havuka ririya Huriro kubera kugirira nabi Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, kandi ukaba unafite intego yo gutera u Rwanda.

Ati “Abarwanyi ba FDLR bafite intego yo kujya guhungabanya ubutegetsi bwa Kigali kandi bari muri Congo bariho barica abaturage, bagateza ihungabana ry’umutekano. Ni ikibazo duhuriyeho. Kurandura uyu mutwe, ni ikintu kinaraje inshinga cyane u Rwanda.”

Yavuze kandi ko kuva AFC/M23 yafata Umujyi wa Goma, hari abarwanyi benshi ba FDLR iri Huriro ryagiye rifata rikaboherereza u Rwanda. Ati “None se iyo si imikoranire.”

Akomeza agira ati “Indi ngingo, dusangiye n’u Rwanda bimwe mu bice byo ku mipaka, hari Petite Barriere, hari Grande Barriere i Goma, i Bukavu hari Umupaka w’i Cyangugu, i Bunagana ku rundi ruhande dufite indi mipaka.

Mwaba muzi umubare w’abantu yaba ari Abanyekongo cyangwa Abanyarwanda ndetse n’abandi banyamahanga bakora ingendo bajya cyangwa bava mu Gihugu kimwe bakoresheje iyi mipaka? Ni abantu barenga ibihumbi mirongo ine ku munsi. Ibyo bivuze iki?, kuri buri mupaka hari abashinzwe abinjira n’abasohoka b’u Rwanda ndetse n’abacu. Uko ni ugukorana, turakorana, kandi si u Rwanda gusa, ahubwo no mu majyaruguru yacu i Bunagana, za Kishasha, hari imipaka dufitanye na Uganda, na bo turakorana.”

Corneille Nangaa avuga ko imikoranire ya AFC/M23 n’u Rwanda ihari rwose kandi ko atari rwo gusa ahubwo ko iri no kuri Uganda, ariko ko ibyo bitavuze ko ibyo Bihugu bitera inkunga iri huriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Next Post

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.