Sunday, April 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda

radiotv10by radiotv10
08/10/2022
in MU RWANDA
0
USA yashyizeho umwihariko ku bazayijyamo baturutse muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America, zashyizeho ibigo bigomba kubanza kunyuzwamo abagenzi bajya muri iki Gihugu babanje kugera muri Uganda, kugira ngo hakumirwe icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Byatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, ko kuva kuri uyu wa Gatanu abantu bajya muri iki Gihugu babanje kunyura muri Uganda mu minsi 21 bagomba kubanza kunyuzwa ku bibuga by’indege bitanu.

Ibyo bibuga by’indege, harimo icya New York, Newark, Atlanta, Chicago na Washington, ahashyizwe site z’ikigo gishinzwe gukumira indwara ndetse na Polisi ishinzwe abinjira n’abasohoka, bari mu bikorwa byo gukumira ko Ebola igera muri USA.

Ikigo gishinzwe kurwanya indwara muri Leta Zunze Ubumwe za America kandi cyatanze umuburo ubuza abaturage bo muri kiriya Gihugu kwitongera kujya muri Uganda kuva Guverinoma y’iki Gihugu yatangaza ko Ebola yagaragaye muri Uganda.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, muri Uganda hari hamaze kubarwa abantu 63 basanganywe icyorezo cya Ebola mu gihe abo kimaze guhitana bari 29.

Ikigo mpuzamahanga gishinzwe gukumira ibyorezo (CDC), gitangaza ko iki cyorezo cya Ebola kimaze kugaragara mu Turere dutanu two muri Uganda.

CDC kandi yatangaje ko ku kugeza ku wa Kane w’iki cyumweru, “nta muntu n’umwe ukekwaho Ebola wagaragaye muri Leta Zunze Ubumwe za America cyangwa mu kindi Gihugu kitari Uganda.”

Leta Zunze Ubumwe za America zisanzwe zarashyizeho uburyo bwo gukumira Ebola kuva muri 2014 ubwo iki cyorezo cyorekaga imbaga muri Afurika.

Gusa iki cyorezo na cyo kigeze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America kuko higeze kuboneka ku barwayi 11 ndetse babiri bakaba barahitanywe na cyo muri USA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

U Rwanda rugaragaje umuti uri kuvugutwa wo kudakomeza gufungira abantu bose muri Gereza

Next Post

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Related Posts

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

In today’s economy, loans from banks can be a powerful tool, not just a financial burden. When used wisely, they...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasore bane bakekwaho guhabwa akazi n’umugabo wo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu ko kumwicira umugore, bemera icyaha...

Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

by radiotv10
17/04/2026
0

Imibare igaragaza ko umwaka ushize wa 2025, ingo zahawe gatanya binyuze mu Nkiko mu Rwanda ari 2 629, aho muri...

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

by radiotv10
17/04/2026
0

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ryakozwe mu mujyi wa Rouen nyuma...

IZIHERUKA

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi
MU RWANDA

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

17/04/2026
Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

17/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Nyarugenge: Bafatanywe ibilo 30 by’urumogi barupakiye mu mufuka wa sima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Important things to use a bank loan for and get good returns

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.