Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
P.Kagame yatembereje Muhoozi mu rwuri anagabira abarimo Andrew Mwenda watangiye kumwirahira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gutembereza mu rwuri rwe General Muhoozi Kainerugaba, aboneraho kugabira abo bari kumwe barimo Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga n’Umunyamakuru uzwi cyane mu karere, Andrew Mwenda wahise avuga ko agiye kujya yirahira ati “Afande Kagame yampaye Inka.”

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho n’amafoto agaragaza Perezida Paul Kagame ari gutembereza mu rwuri rwe General Muhoozi waje mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize ndetse na bamwe mu bo bazanye.

Ni amashusho yafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yari kumwe n’aba bashyitsi barimo Muhoozi Kainerugaba bari mu rwuri rugari.

Mu gace kamwe k’aya mashusho, humvikanamo umunyamakuru Andrew Mwenda abwira bamwe mu bari bamaze kugabirwa Inka na Perezida Paul Kagame, ngo bafate izabo hanyuma “ebyiri zisigaye ni izanjye.”

Perezida Kagame ahita abwira uyu munyamakuru ati “Izo ebyiri zisigaye, imwe ni iyawe indi ni iya Rwivanga [Umuvugizi wa RDF].” Brig Gen Rwivanga ahita ashimira Perezida Kagame, agira ati “Urakoze nyakubahwa.” Mwenda agahita abwira Rwivanga ati “Ubu rero na we unyungukiyeho.”

Uyu munyamakuru Andrew Mwenda uzwi cyane mu bijyanye na Politiki, yahise abwira Perezida Kagame ko ubu agiye kujya amwirahira ati “Afande Paul yampaye Inka.”

Perezida Paul Kagame kandi yagabiye Inka z’inyambo General Muhoozi Kainerugaba muri Werurwe 2022 ubwo yagiriraga uruzinduko rwa kabiri muri uyu mwaka.

Perezida Kagame yatembereje mu rwuri rwe Muhoozi n’abo bazanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Musa Fazil yavuze igihe Perezida Kagame yazarekerera kuyobora u Rwanda n’uwazamusimbura

Next Post

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Amavubi U23 yatunguye umukecuru udasiba kuri Stade bamuha impano (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.