Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, wari umaze iminsi ari mu ruzinduko rwihariye mu Rwanda, yavuze ko yishimiye ibiganiro byiza yagiranye na Perezida Paul Kagame.

General Muhoozi Kainerugaba yageze mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 15 Ukwakira 2022, aje mu ruzinduko rwe rwihariye yanagiriye hanze bwa mbere kuva yakurwa ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda wagize uruhare mu kubura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, tariki 16 Ukwakira 2022 yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye.

Umukuru w’u Rwanda kandi yanatembereje General Muhoozi mu rwuri rwe aho yari kumwe n’itsinda ry’abo bazanye mu Rwanda barimo umunyamakuru Andrew Mwenda wanagabiwe Inka na Perezida Kagame.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwa General Muhoozi Kainerugaba mu Rwanda, yongeye kwakirwa n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye.

Muhoozi akimara kugera muri Uganda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’ibiganiro byiza bagiranye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Muhoozi yagize ati “Nishimiye kugaruka mu rugo nyuma y’urundi ruzinduko rwo gusura u Rwanda rutemba ibyiza, ndetse n’ibindi biganiro byimbitse kandi byiza nagiranye na Data wacu w’intagarugero Nyakubahwa Paul Kagame.”

Kuva uyu mwaka watangira, General Muhoozi amaze kugirira uruzinduko mu Rwanda inshuro eshatu zirimo urwo yahagiriye muri Mutarama uyu mwaka rwanakurikiwe n’impinduka nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi.

Muri Werurwe kandi yongeye kugenderera u Rwanda aho yanatangaje ko umubano w’Ibihugu byombi ukomeje kurushaho kujya mu nzira nziza.

Nyuma yo kongera gusura u Rwanda muri uru ruzinduko rwa gatatu, General Muhoozi, mu butumwa bwe yakomeje ashimangira ko umubano w’ibi Bihugu byombi ubu ugeze ahatajegajega.

Yagize ati “Umubano wa Uganda n’u Rwanda ni ntayegayezwa! Imana ihundagazeho imigisha Ibihugu byacu by’ibivandimwe.”

General Muhoozi yagendereye u Rwanda muri uru ruzinduko rwa gatatu, nyuma y’iminsi micye akuwe ku nshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, ariko azamurwa mu mapeti akurwa ku rya Lieutenant General, ahabwa irya General risumba ayandi mu gisirikare.

Muhoozi kandi yanitabiriye Car Free Day ari kumwe na Perezida Paul Kagame
Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko yakiriwe na Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + eleven =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Next Post

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.