Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Muhoozi yagaragaje akamuri ku mutima nyuma yo kongera kuganira na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, wari umaze iminsi ari mu ruzinduko rwihariye mu Rwanda, yavuze ko yishimiye ibiganiro byiza yagiranye na Perezida Paul Kagame.

General Muhoozi Kainerugaba yageze mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize, tariki 15 Ukwakira 2022, aje mu ruzinduko rwe rwihariye yanagiriye hanze bwa mbere kuva yakurwa ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda wagize uruhare mu kubura umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, tariki 16 Ukwakira 2022 yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye.

Umukuru w’u Rwanda kandi yanatembereje General Muhoozi mu rwuri rwe aho yari kumwe n’itsinda ry’abo bazanye mu Rwanda barimo umunyamakuru Andrew Mwenda wanagabiwe Inka na Perezida Kagame.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwa General Muhoozi Kainerugaba mu Rwanda, yongeye kwakirwa n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye.

Muhoozi akimara kugera muri Uganda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’ibiganiro byiza bagiranye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Muhoozi yagize ati “Nishimiye kugaruka mu rugo nyuma y’urundi ruzinduko rwo gusura u Rwanda rutemba ibyiza, ndetse n’ibindi biganiro byimbitse kandi byiza nagiranye na Data wacu w’intagarugero Nyakubahwa Paul Kagame.”

Kuva uyu mwaka watangira, General Muhoozi amaze kugirira uruzinduko mu Rwanda inshuro eshatu zirimo urwo yahagiriye muri Mutarama uyu mwaka rwanakurikiwe n’impinduka nziza mu mubano w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe urimo igitotsi.

Muri Werurwe kandi yongeye kugenderera u Rwanda aho yanatangaje ko umubano w’Ibihugu byombi ukomeje kurushaho kujya mu nzira nziza.

Nyuma yo kongera gusura u Rwanda muri uru ruzinduko rwa gatatu, General Muhoozi, mu butumwa bwe yakomeje ashimangira ko umubano w’ibi Bihugu byombi ubu ugeze ahatajegajega.

Yagize ati “Umubano wa Uganda n’u Rwanda ni ntayegayezwa! Imana ihundagazeho imigisha Ibihugu byacu by’ibivandimwe.”

General Muhoozi yagendereye u Rwanda muri uru ruzinduko rwa gatatu, nyuma y’iminsi micye akuwe ku nshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, ariko azamurwa mu mapeti akurwa ku rya Lieutenant General, ahabwa irya General risumba ayandi mu gisirikare.

Muhoozi kandi yanitabiriye Car Free Day ari kumwe na Perezida Paul Kagame
Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko yakiriwe na Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − five =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu Perezida Tshisekedi yahaye inshingano Umujenerali umaze imyaka 10 yarapfuye

Next Post

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Rusizi: Inkuba yabasanze mu murima ku manywa y’ihangu ikubitamo umwe abandi basigara ari bataraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.