Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yanenze imyitwarire ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kugaragaza ko yifuza inzira za Gisirikare mu gihe Perezida w’iki Gihugu yakunze kuvuga ko yifuza inzira z’ibiganiro.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yakunze gutangaza ko yifuza ko habaho ibiganiro mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ariko imyitwariro yongeye kugaragazwa na Guverinoma ya Congo ihabanye n’ibyo yavuze.

Iri ritangazo rikomeza rivuga ko “Amatangazo ndetse n’ibikorwa byongeye kuburwa, bigaragaza ko Guverinoma ya DRC yahisemo inzira za gisirikare.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibyo kuba “FARDC ifatanyije n’iyi mitwe bubuye ibitero ku mutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo, ari ukurenga ku byumvikanyweho mu nzira ziherutse kwiyemezwa zirimo inama z’i Nairobi n’i Luanda” zombi zasabaga ko Congo iyoboka inzira z’ibiganiro.

Nyamara ibyo byose Congo yabirenzeho ahubwo Igisirikare cyayo cyongera kurasa ibisasu biremereye bigamije kwibasira bamwe mu banyekongo no guhungabanya ibice by’imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda ahubwo ikarenga igashinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, rukavuga ko rutazabyihanganira.

U Rwanda ruvuga ko nubwo bimeze gutyo ubuyobozi bwa DRC ndetse n’Igisirikare cy’iki Gihugu bakaba bakomeje gushotora u Rwanda, rwo rukomeje gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano mu karere no kugarura amahoro.

Iri tangazo risoza rivuga ko ibyo kuba Congo ikomeje kwegeka ibibazo ku Rwanda no kuyishinja ibinyoma, ruzakomeza kubyamaganira kure.

Iri tangazo risohotse nyuma y’iminsi micye, intambara ihanganishije igisirikare cya Congo na M23 yongeye kubura mu cyumweru gishize, aho FARDC ari yo yakomye rutenderi ikagaba ibitero kuri uyu mutwe uharanira uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Umutwe wa M23 wagabweho ibitero, wongeye kwirwanaho ndetse ufata akandi gace ka Ntamugenga ko muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, kafashwe nyuma y’imirwano iremereye.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi wagiriye uruzinduko mu Bwongereza mu cyumweru gishize, yaganiriye na bamwe mu Banyekongo baba muri kiriya Gihugu, bamusaba ko yatera u Rwanda, abasubiza ko ubu ashyize imbere inzira y’ibiganiro, ariko ko ninanirana ntakizabuza kuyoboka iyo nzira y’amasasu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + one =

Previous Post

Kigali: Nyuma y’impanuka ikomeye abaturage bahise bagaragaza icyifuzo kidasanzwe

Next Post

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Related Posts

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.