Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harakekwa icyatumye umusore atoroka imbangukiragutabara yari imujyanye kwa muganga amaguru akayabangira ingata

radiotv10by radiotv10
18/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harakekwa icyatumye umusore atoroka imbangukiragutabara yari imujyanye kwa muganga amaguru akayabangira ingata
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wari wafashwe n’umuriro, ubwo yari ajyanywe ku Bitaro bya Ruhengeri mu Karere ka Musanze, yavuye mu modoka itwara indembe yari imujyanye, ariruka, bikaba bikekwa ko yabitewe no kuba uwo muriro wari wamufatiye mu bikorwa bitemewe.

Uyu musore watorotse imbangukiragutabara yari imujyanye ku Bitaro bya Ruhengeri kuri uyu wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022, nyuma yuko afashwe n’umuriro ubwo we n’abandi basore babiri barimo bahambura icyuma gitanga amashanyarazi kizwi nka Transformer.

Iki cyuma bikekwa ko cyari kigiye kwibwa n’aba basore, gisanzwe kijyana umuriro w’amashanyarari ku ruganda rw’ishwagara rwa SOPAVU, cyabanje guturika mbere yuko umuriro ufata uyu musore

Bikekwa ko aba basore bariho bahambura iki cyuma ngo bakibe, ariko umwe muri bo aza guhura n’isanganya afatwa n’umuriro, abandi bahita bakizwa n’amaguru, we aza kwikubita hasi.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko abaturage n’abayobozi bageze aho uyu musore yari ari, bagahita bahamagaza imbangukiragutabara ngo ize imugeze kwa muganga, ariko akaza kuyitoroka.

Ati “Ambulance yari imujyanye ku Bitaro bya Ruhengeri kuko n’aho uwo muriro wamufatiye ari hafi yabyo, bamaze kugenda nk’ibilometero bitatu, ayivamo ariruka.”

Uyu waduhaye amakuru, avuga ko bikekwa ko icyatumye uyu musore ava mu mbangukiragutabara akiruka, ari uko yari ari mu bikorwa bitemewe by’ubujura dore ko n’abo bari kumwe bari bamaze gucika.

Mukamusoni Djasumini uyobora Akagari ka Kigombe, yemeje aya makuru y’uyu musore watorotse imbangukiragutaraba yari imujyanye kwa muganga.

Yavuze ko ubwo iyi modoka yerecyezaga kwa muganda, umuganga wari uyirimo yumvise ikintu kikubaganya, agasaba umushoferi guhagarara, ako kanya imodoka igiharagarara uwari umurwayi ahita afunyamo ariruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − one =

Previous Post

Dore igisobanuro gishidikanywaho cy’abakurikiranyweho kwicisha inkoni umugabo bashinjaga kwiba intama

Next Post

Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

Bidasubirwaho umukinnyi wari utegerejwe n’Abanyafurika benshi mu cy’Isi ntazakigaragaramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.