Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amashusho ababaje y’abasirikare b’u Burusiya bishwe yateje impagarara kuri Ukraine

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amashusho ababaje y’abasirikare b’u Burusiya bishwe yateje impagarara kuri Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye ndetse n’imiryango mpuzamahanga irengera uburenganzira bwa muntu, barasaba Ukraine gukora iperereza ku mashusho agaragaza abasirikare b’u Burusiya bafatiwe ku rugamba bagaragagaye baryamye mu maraso nyuma yo kwicwa.

Akanama k’Umurango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu muri Ukraine, kasabye ubutegetsi bwa Ukraine gukora igenzura ryihuse kuri ayo mashusho agaragaza imfungwa z’intamba z’abasirikare b’u Burusiya bishwe.

Ubutegetsi bw’u Burusiya bwo buravuga ko iki gikorwa cyakozwe n’igisirikare cya Ukraine, ari icy’ubunyamaswa kuko bitumvikana uburyo imfungwa z’intambara zicwa urw’agashinyaguro.

Umwe mu bayobozi b’Umuryango w’Abibumbye, aganira n’Ibiro Ntaramakuru Associated Press, yagize ati “Twababajwe cyane n’ariya mashusho kandi kuri kuyakurikirana.”

Yakomeje agira ati “Twasabye ko ibirego byose bivugwa ko bikorwaho iperereza ryimbitse kandi rinyuze mu mucyo n’ubuyobozi.”

Aya mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu ntangiro z’icyumweru twaraye dusoje, agaragaza itsinda ry’abasirikare b’u Burusiya bafatiwe ku rugamba bazengurutswe n’aba Ukraine baryamye barambaraye hasi, hakaza kugaragaza andi mashusho abagaraza imirambo yabo irambitse mu kidendezi cy’amaraso.

Hagaragara akandi gace k’amashusho y’umusirikare w’u Burusiya asohoka mu nyubako imwe, akarasa urufaya rw’amasasu ku basirikare ba Ukraine, gusa ntibizwi niba aya mashusho afitanye isano n’ariya ya mbere.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko aya mashusho ari gihamya cy’ubwicanyi bubabaje bukorerwa abasirikare b’iki Gihugu muri Ukraine.

Minisiriri w’Intebe Wungirije wa Ukraine, Olga Stefanishina kuri iki Cyumweru yabwiye Itangazamakuru ati “Yego rwose Ubuyobozi bwa Ukraine buzakora iperereza kuri aya mashusho.” Gusa akavuga ko aya mashusho ashobora kuba atari ibintu byabayeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Next Post

Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

Related Posts

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye
FOOTBALL

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka yarimo urumogi umwe mu bagenzi ayivamo ariruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.