Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byari byifashe muri Congo ubwo i Nairobi haberaga ibiganiro

radiotv10by radiotv10
29/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uko byari byifashe muri Congo ubwo i Nairobi haberaga ibiganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko wemeye guhagarika imirwano ariko ugasaba kuganira n’umuhuza, ndetse kuri uyu wa Mbere hakaba ibiganiro i Nairobi uyu mutwe utatumiwemo, mu bice byari bimaze iminsi birimo imirwano muri Congo, hari agahenge.

Aka gahenge katangiye mu mpera z’icyumweru gishize nyuma yuko ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo M23 ishyiriye hanze itangazo ko yemeye guhagarika imirwano.

Gusa muri iri tangazo, M23 yavugaga ko yifuza kugirana ibiganiro n’umuhuza muri ibi bibazo kugira ngo imwereke inzira yatanga umuti urambye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, byatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, nta mirwano yabaye ariko ko M23 itigeze irekura ibice yafashe nkuko yabisabwe mu myanzuro y’inama y’i Luanda.

Gusa ngo mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere, hari imodoka ya M23 yaguye mu gico cya FARDC mu gace ka Kinyandonyi, muri Teritwari ya Rutshuru ndetse ko hari abaguye muri iyi ambushi.

Muri iryo joro ryo ku cyumweru kandi mu birometero nka 30 uvuye ahabereye iyi ambushi, habaye ikindi gitero cyagabwe kuri M23 mu gace ka Biruma.

Nanone ku wa Gatandatu muri aka gace habereye imirwano hagati ya M23 n’umuwe wa Maï-Maï, cyahitanye abasivile batandatu mu gace ka Kisharo.

Gusa ngo mu bice biri kugenzurwa na M23 nk’inkambi ebyiri ziri muri Kibumba mu bilometero 20 uvuye mu mujyi wa Goma, ho nta mirwano yigeze iharangwa.

AFP ivuga ko nubwo hagaragaye biriya bikorwa bihungabanya umutekano, ariko kuva mu minsi y’impera z’icyumweru gishize, hari habonetse agahenge kuko nta rusaku rw’amasasu rwumvikanaga.

M23 yafashe icyemezo cyo guhagarika imirwano nyuma y’iminsi ibiri, i Luanda muri Angola hateraniye inama yanzuriwemo ko uyu mutwe ugomba gusubira mu birindiro wahoranye muri Sabyinyo.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko badashobora kurekura ibice bafashe “igihe cyose tutaraganira na Guverinoma, kuva cyera twifuje kuganira na Guverinoma kugeza uyu munsi dukomeje kuvuga iyi ngingo.”

Mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere, Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko gukemura ibi bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, bigomba guhera ku gushaka umuti w’umuzi w’ibi bibazo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko akurikije imbaraga ziri gushyirwa mu gushaka umuti w’ibi bibazo, yizeye ko zizatanga umusaruro.

Icyakora yavuze ko “Igikenewe uyu munsi kurusha ibihe byabanje, ni ubushake bwa politiki buhamye bwatuma hashyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe n’akarere byumwihariko iy’i Nairobi y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba y’amahoro ndetse n’iy’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwa Perezida Lorenco wa Angola.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 7 =

Previous Post

Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Next Post

RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.