Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byari byifashe muri Congo ubwo i Nairobi haberaga ibiganiro

radiotv10by radiotv10
29/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uko byari byifashe muri Congo ubwo i Nairobi haberaga ibiganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko wemeye guhagarika imirwano ariko ugasaba kuganira n’umuhuza, ndetse kuri uyu wa Mbere hakaba ibiganiro i Nairobi uyu mutwe utatumiwemo, mu bice byari bimaze iminsi birimo imirwano muri Congo, hari agahenge.

Aka gahenge katangiye mu mpera z’icyumweru gishize nyuma yuko ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo M23 ishyiriye hanze itangazo ko yemeye guhagarika imirwano.

Gusa muri iri tangazo, M23 yavugaga ko yifuza kugirana ibiganiro n’umuhuza muri ibi bibazo kugira ngo imwereke inzira yatanga umuti urambye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, byatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, nta mirwano yabaye ariko ko M23 itigeze irekura ibice yafashe nkuko yabisabwe mu myanzuro y’inama y’i Luanda.

Gusa ngo mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere, hari imodoka ya M23 yaguye mu gico cya FARDC mu gace ka Kinyandonyi, muri Teritwari ya Rutshuru ndetse ko hari abaguye muri iyi ambushi.

Muri iryo joro ryo ku cyumweru kandi mu birometero nka 30 uvuye ahabereye iyi ambushi, habaye ikindi gitero cyagabwe kuri M23 mu gace ka Biruma.

Nanone ku wa Gatandatu muri aka gace habereye imirwano hagati ya M23 n’umuwe wa Maï-Maï, cyahitanye abasivile batandatu mu gace ka Kisharo.

Gusa ngo mu bice biri kugenzurwa na M23 nk’inkambi ebyiri ziri muri Kibumba mu bilometero 20 uvuye mu mujyi wa Goma, ho nta mirwano yigeze iharangwa.

AFP ivuga ko nubwo hagaragaye biriya bikorwa bihungabanya umutekano, ariko kuva mu minsi y’impera z’icyumweru gishize, hari habonetse agahenge kuko nta rusaku rw’amasasu rwumvikanaga.

M23 yafashe icyemezo cyo guhagarika imirwano nyuma y’iminsi ibiri, i Luanda muri Angola hateraniye inama yanzuriwemo ko uyu mutwe ugomba gusubira mu birindiro wahoranye muri Sabyinyo.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko badashobora kurekura ibice bafashe “igihe cyose tutaraganira na Guverinoma, kuva cyera twifuje kuganira na Guverinoma kugeza uyu munsi dukomeje kuvuga iyi ngingo.”

Mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere, Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko gukemura ibi bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, bigomba guhera ku gushaka umuti w’umuzi w’ibi bibazo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko akurikije imbaraga ziri gushyirwa mu gushaka umuti w’ibi bibazo, yizeye ko zizatanga umusaruro.

Icyakora yavuze ko “Igikenewe uyu munsi kurusha ibihe byabanje, ni ubushake bwa politiki buhamye bwatuma hashyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe n’akarere byumwihariko iy’i Nairobi y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba y’amahoro ndetse n’iy’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwa Perezida Lorenco wa Angola.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Next Post

RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.