• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byari byifashe muri Congo ubwo i Nairobi haberaga ibiganiro

radiotv10by radiotv10
29/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uko byari byifashe muri Congo ubwo i Nairobi haberaga ibiganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko wemeye guhagarika imirwano ariko ugasaba kuganira n’umuhuza, ndetse kuri uyu wa Mbere hakaba ibiganiro i Nairobi uyu mutwe utatumiwemo, mu bice byari bimaze iminsi birimo imirwano muri Congo, hari agahenge.

Aka gahenge katangiye mu mpera z’icyumweru gishize nyuma yuko ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo M23 ishyiriye hanze itangazo ko yemeye guhagarika imirwano.

Gusa muri iri tangazo, M23 yavugaga ko yifuza kugirana ibiganiro n’umuhuza muri ibi bibazo kugira ngo imwereke inzira yatanga umuti urambye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, byatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, nta mirwano yabaye ariko ko M23 itigeze irekura ibice yafashe nkuko yabisabwe mu myanzuro y’inama y’i Luanda.

Gusa ngo mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere, hari imodoka ya M23 yaguye mu gico cya FARDC mu gace ka Kinyandonyi, muri Teritwari ya Rutshuru ndetse ko hari abaguye muri iyi ambushi.

Muri iryo joro ryo ku cyumweru kandi mu birometero nka 30 uvuye ahabereye iyi ambushi, habaye ikindi gitero cyagabwe kuri M23 mu gace ka Biruma.

Nanone ku wa Gatandatu muri aka gace habereye imirwano hagati ya M23 n’umuwe wa Maï-Maï, cyahitanye abasivile batandatu mu gace ka Kisharo.

Gusa ngo mu bice biri kugenzurwa na M23 nk’inkambi ebyiri ziri muri Kibumba mu bilometero 20 uvuye mu mujyi wa Goma, ho nta mirwano yigeze iharangwa.

AFP ivuga ko nubwo hagaragaye biriya bikorwa bihungabanya umutekano, ariko kuva mu minsi y’impera z’icyumweru gishize, hari habonetse agahenge kuko nta rusaku rw’amasasu rwumvikanaga.

M23 yafashe icyemezo cyo guhagarika imirwano nyuma y’iminsi ibiri, i Luanda muri Angola hateraniye inama yanzuriwemo ko uyu mutwe ugomba gusubira mu birindiro wahoranye muri Sabyinyo.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yavuze ko badashobora kurekura ibice bafashe “igihe cyose tutaraganira na Guverinoma, kuva cyera twifuje kuganira na Guverinoma kugeza uyu munsi dukomeje kuvuga iyi ngingo.”

Mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere, Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko gukemura ibi bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, bigomba guhera ku gushaka umuti w’umuzi w’ibi bibazo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko akurikije imbaraga ziri gushyirwa mu gushaka umuti w’ibi bibazo, yizeye ko zizatanga umusaruro.

Icyakora yavuze ko “Igikenewe uyu munsi kurusha ibihe byabanje, ni ubushake bwa politiki buhamye bwatuma hashyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe n’akarere byumwihariko iy’i Nairobi y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba y’amahoro ndetse n’iy’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwa Perezida Lorenco wa Angola.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 17 =

Previous Post

Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Next Post

RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

RIB yatunze itoroshi mu kindi kigo gikomeye ifunga bamwe mu bagikoramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.