• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango
Share on FacebookShare on Twitter

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza no kuba baratandukanye mu ibanga, ahavugwa ko byatewe n’ibirimo imyitwarire y’umwe uvugwaho kuba yarinjijwe mu rukundo n’uwo bahuje igitsina.

Izi nkuru zasakaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nyuma yuko Muyango yanze guhurira mu kazi kamwe n’uwitwa Keza Terisky bagombaga gukorera mu kabari kamwe ko mu Mujyi wa Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025.

Muyango yashyize hanze amakuru ko ari we wari wanze kujya gukorana na Keza kubera ibibazo bafitanye ariko yirinda kubyerura, gusa akavuga ko atifuza ko ibyo yamukoreye hari undi muntu yabikorera mu Rwanda.

Keza na we abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko na we atigeze ajya muri ako kazi akagaharira Muyango, ariko ntibyacira aho kuko hakozwe ikiganiro mu buryo bw’imbonankubone kizwi nka Live ku rubuga nkoranyambaga rwa Tik Tok, ahavuzwe byinshi.

Muri iki kiganiro, Keza Terisky yamaganiye kure ibivugwa ko ari we wasenyeye Muyango, avuga ko asanzwe afitanye ubucuti busanzwe na Kimenyi, ariko ko ntaho buhuriye no kuryamana.

Uyu mugore uzwi mu ruganda rw’imideri, yavuze ko we afite amakuru ko Kimyenyi na Muyango batandukanyijwe n’ingeso z’umugore wari winjiye mu kuryamana n’uwo bahuje igitsina ari we Dj Brianne.

Yagize ati “Nanjye ni yo makuru numva, amakuru avuga ko batandukanyijwe n’uko Muyango akundana na DJ Brianne.”

Dj Brianne na we wari uri muri iki kiganiro, yahise yamaganira kure ibi yari avuzweho, avuga ko we na Muyango bahuriye kuba bakorana, ariko ko iby’ubucuti bwihariye nta bihari.

Ati “Dukorana ku wa Kane no ku wa Gatandatu, ntabwo Muyango aransoma no ku itama bisanzwe, nta n’ubwo araza iwanjye wenyine, yahaje rimwe ari kumwe n’umugabo we.”

Muyango wari wanze kuvuga byinshi, na we yahakanye ibi byo kuryamana na Dj Brianne, avuga ko ibyatangajwe na Keza ari urwitwazo rw’ikimwaro cy’ibyo yamukoreye, ari na ho yavuze ko uyu mugore yashatse kumutangamo pase mu bandi bagabo.

Ati “Urwo rwitwazo rwo kuryamana na Brianne, na rwo rwazanywe na Keza kugira ngo yinjire iwanjye. Ubwa mbere yarabanje agerageza iby’umugabo biramunanira, ubwa kabiri azana Brianne ubwa gatatu atangira kujya ahamagara abantu anteranya.”

Keza na we utaripfanye, yavuze ko afite ikimenyetso gihamya ibyo yavuaga, ari na bwo yahitaga yumvisha abantu amajwi yafashe mu kiganiro yagiranye na Kimenyi amubwira ko umugore we Muyango yahinduye imyitwarire akagirana umubano wihariye na Dj Brianne.

Muri ayo majwi humvikanamo aho Kimenyi aba ari gutakira Keza, ati “Ejobundi nagiye kubona mbona Muyango aharaye gym, mbona Brianne na we arayiharaye…mbere Muyango naramubwiraga ngo tujyane nkabona ni umunebwe, ubu umuntu ari kubyuka akijyana ku Cyumweru. Mbona Brianne ari we muntu umuturisha mu buryo njye ntazi. Na we narabimubwiye Muyango, nti ‘nsigaye mbona warabaye lesbian [uryamana n’abo bahuje igitsina], ni ukuri kw’Imana.”

Dj Brianne na we yakomeza ahakana ibi avugwaho, ari na ko akozanyaho mu magambo n’abandi bari muri iki kiganiro bamushinjaga gusenya ingo z’abandi, aho uyu muvanamiziki yanakoreshaga imvugo ziremereye yiyama abamushinja kuryamana n’abo bahuje igitsina.

Itandukana ry’urugo rwa Kimenyi Yves na Muyango ryari rimaze iminsi rihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga, ariko bitaravugwaho n’umwe muri aba bombi.

Kimenyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda n’iy’Igihugu, yasezeranye imbere y’amategeko na Muyango Claudine muri Mutarama umwaka ushize 2024, byaje no gukurikirwa n’ibindi birori birimo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana; na byo byabaye muri uko kwezi.

Urugo rwa Kimenyi Yves na Muyango ruravugwamo ibibazo
Dj Brianne aravugwamo
Na Keza Terisky agatungwa agatoki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + seventeen =

Previous Post

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Next Post

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.