Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi hagati ya Guverinoma ya DRC n’imitwe yitwaje intwaro, havutse kidobya ishingiye ku mafaranga y’insimburamubyizi yemerewe ababyitabiriye banze kwitabira umuhango wo gusoza ibi biganiro batayahawe, bituma iki gikorwa gisubikwa.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Ukuboza 2022, byari biteganyijwe ko i Nairobi muri Kenya haba umuhango wo gusoza ibi biganiro by’icyiciro cya gatatu bimaze iminsi irindwi bihuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro.

Gusa uyu muhango ntiwabaye kuko wimuriwe kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukuboza 2022 nyuma yuko havutse kidobya ishingiye ku mafaranga.

Abahagarariye imwe mu mitwe yitwaje intwaro, banze kwitabira uyu muhango kubera kudahabwa ayo mafaranga y’agahimbazamusyi bemerewe.

Radio Okapi ivuga ko abahagarariye iyi mitwe babanje guhurira mu mbuga ya Hoteli ya Safari Park Hotel aharimo habera ibi biganiro, bakemeranya kutitabira uyu muhango.

Bamwe bavugaga ko nta n’urumiya bahawe mu gihe abandi bavugaga ko bahawe amadorali 300 na yo bavuga ko adahagije, bituma bahaguruka barigendera.

Iyi nkuru yaje kugera kuri Uhuru Kenyatta washyizweho nk’umuhuza wari mu yindi nama yari ihuje imiryango itari iya Leta, agahita yihutira kuza kureba iby’iki kibazo cyari kivutse.

Uhuru Kenyatta yababajwe no kuba aya mafaranga yagombaga guhabwa aba bantu batayahawe, ati “Njyewe ubwanjye ndi umwe mu bashakishije aya mafaranga. Kandi aya mafaranga si ayanyu. Ni amafaranga yo kudufasha kugarura amahoro muri DRC.”

Yakomeje avuga ko abari kuzana ibi bibazo, bari gukinisha amahoro kandi adakinishwa, asaba abanze gutanga ayo mafaranga kuyazana mu maguru mashya agahabwa abo yagenewe cyangwa se agasopanyiriza aba banze kuyabaha.

Ati “Bitabaye ibyo njewe ntakibazo mfite kuba nahaguruka nkabwira Isi yose ko batazongera guha amafaranga aba bantu mu gihe batabashije gushyira ku murongo ibintu cyangwa badashoboye kudufasha kugana imbere mu nzira nziza.”

Uhuru Kenyatta yahise atangaza ko umuhango wo gusoza ibi biganiro wimurirwa kuri uyu wa Kabiri ndetse yizeza abatari bahawe amafaranga bemerewe ko ikibazo cyabo gikemuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nineteen =

Previous Post

Hafashwe icyemezo gitunguranye nyuma yuko umuhanzi ukomeye atamaje abari bamutumiye mu Rwanda

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.