Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amafaranga y’insimburamubyizi yateje sakwesakwe ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa nyuma w’ibiganiro by’i Nairobi hagati ya Guverinoma ya DRC n’imitwe yitwaje intwaro, havutse kidobya ishingiye ku mafaranga y’insimburamubyizi yemerewe ababyitabiriye banze kwitabira umuhango wo gusoza ibi biganiro batayahawe, bituma iki gikorwa gisubikwa.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Ukuboza 2022, byari biteganyijwe ko i Nairobi muri Kenya haba umuhango wo gusoza ibi biganiro by’icyiciro cya gatatu bimaze iminsi irindwi bihuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro.

Gusa uyu muhango ntiwabaye kuko wimuriwe kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukuboza 2022 nyuma yuko havutse kidobya ishingiye ku mafaranga.

Abahagarariye imwe mu mitwe yitwaje intwaro, banze kwitabira uyu muhango kubera kudahabwa ayo mafaranga y’agahimbazamusyi bemerewe.

Radio Okapi ivuga ko abahagarariye iyi mitwe babanje guhurira mu mbuga ya Hoteli ya Safari Park Hotel aharimo habera ibi biganiro, bakemeranya kutitabira uyu muhango.

Bamwe bavugaga ko nta n’urumiya bahawe mu gihe abandi bavugaga ko bahawe amadorali 300 na yo bavuga ko adahagije, bituma bahaguruka barigendera.

Iyi nkuru yaje kugera kuri Uhuru Kenyatta washyizweho nk’umuhuza wari mu yindi nama yari ihuje imiryango itari iya Leta, agahita yihutira kuza kureba iby’iki kibazo cyari kivutse.

Uhuru Kenyatta yababajwe no kuba aya mafaranga yagombaga guhabwa aba bantu batayahawe, ati “Njyewe ubwanjye ndi umwe mu bashakishije aya mafaranga. Kandi aya mafaranga si ayanyu. Ni amafaranga yo kudufasha kugarura amahoro muri DRC.”

Yakomeje avuga ko abari kuzana ibi bibazo, bari gukinisha amahoro kandi adakinishwa, asaba abanze gutanga ayo mafaranga kuyazana mu maguru mashya agahabwa abo yagenewe cyangwa se agasopanyiriza aba banze kuyabaha.

Ati “Bitabaye ibyo njewe ntakibazo mfite kuba nahaguruka nkabwira Isi yose ko batazongera guha amafaranga aba bantu mu gihe batabashije gushyira ku murongo ibintu cyangwa badashoboye kudufasha kugana imbere mu nzira nziza.”

Uhuru Kenyatta yahise atangaza ko umuhango wo gusoza ibi biganiro wimurirwa kuri uyu wa Kabiri ndetse yizeza abatari bahawe amafaranga bemerewe ko ikibazo cyabo gikemuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 9 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo gitunguranye nyuma yuko umuhanzi ukomeye atamaje abari bamutumiye mu Rwanda

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Related Posts

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo,...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

by radiotv10
18/07/2025
0

The DRC Ministry of Foreign Affairs reaffirmed on Thursday that Minister Thérèse Kayikwamba Wagner had summoned the Ugandan Ambassador to...

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aratabariza impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi zimuriwe mu...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
18/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare bwakajije, rinavuga ko igisirikare...

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

Eng.- AFC/M23 sends a message to DRC Government and warns the Burundian army

by radiotv10
18/07/2025
0

The AFC/M23 coalition, has urged the DRC authorities to cease intensified military attacks. It also accused the Burundian army of...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Uwitabiriye Miss Rwanda wifuza kuba Umudepite muri EALA ntiyarenze umutaru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.