Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

radiotv10by radiotv10
18/07/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo rurusheho kwiteza imbere.

Byatangajwe na Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Saraya Hakuziyaremye ubwo hasozwaga ubukamnguramba bw’amezi arindwi mu Turere tune twahereweho mu gukangurira abagore gukoresha ikoranabuhanga muri Serivisi z’imari hifashishijwe telefoni.

Ubushakashatsi bwa karindwi buheruka ku mibereho y’ingo bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishanibare, bwagaragaje ko 8% by’abaturage b’Akarere ka Ngoma batarasobanukirwa gahunda yo gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’imari. Ni umubare wiganjemo abagore nk’uko byagaragajwe ko hari icyuho kinini mu imikoreshereze y’ikoranabuhanga hagati y’umugore n’umugabo.

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko ingo zifite smartphone mu Karere ka Ngoma zingana na 25,1 %.

Banki Nkuru y’u Rwanda ku bufatanye Mobile Money, hashyizweho gahunda yo guhugura abagore ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari hifashishijwe telefoni.

Kayitaramirwa Claudine yemeza ko aya mahugurwa ku ikoranabuhanga muri serivisi z’imari yabafashije nubwo ngo hakiri imbogamizi z’uko bose bataragerwaho na telefoni zo kwifashisha.

Yagize ati “Byamfashije kumva ko amafaranga najya nyabika kuri Mobile Money, numva biramfashije cyane, kuko nayabikaga mu ntoki cyangwa mu rugo nkayasesagura.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie ashishikariza abagore gukoresha amatsinda basanzwe bakoreramo yo kwizigamira kugira ngo abadafite Smartphone babashe kuzibona, ari na ko bakoresha konti zabo ziri mu bigo by’imari bifashishije telefoni.

Ati “Icya mbere ni uguhindura imyumvire ni cyo gikomeye, kuko iyo umugore abonye umugabo afite telefoni we yumva ntacyo bimubwiye, akavuga ati ‘nzatira’. Nubundi basanzwe baba mu matsinda mato mato yo kwizigamira, ya myumvire ihindutse izakumvisha ko mu by’ingenzi ukeneye na telefoni igomba kubamo kugira ngo ubashe kuyikoresha mu ikoranabuhanga uzigama, uguza ni uko ugomba kuba uyifite icyo ni cyo dusaba abagore.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yatangaje ko iyi gahunda izakomereza mu tundi Turere ariko izanagera ku rubyiruko mu rwego kurushaho gukoresha serivisi z’imari.

Ati “Nubwo tuvuga ko dusoje uyu mushinga nka Banki Nkuru y’u Rwanda, ni igikorwa kigiye gukomeza kugira ngo ntihagire umugore usubira inyuma mu kugezwaho serivisi z’imari. Ikindi twanasabwe ni uko uyu mushinga twagura ukagera no ku rubyiruko kuko na bo byagiye bigaragara ko rrubyiruko rutagera kuri serivisi z’imari ku buryo bukwiye.”

Mu mezi arindwi iyi gahunda yo guhugura abagore mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga muri serivisi z’imari itangijwe mu Turere twa Nyamasheke, Rulindo, Nyaruguru na Ngoma, aka Ngoma ni ko kabaye aka mbere mu guhugura umubare munini w’Abagore, aho kahuguye abagera ku bihumbi 16, mu gihe mu Turere uko ari tune hahuguwe ababarirwa mu bihumbi 36.

Abagore bahuguwe bishimiye ubumenyi bungutse
Ubuyobozi bwongeye kugaragariza abagore ibyiza by’ikoranabuhanga mu rwego rw’imari
Urubyiruko na rwo rushonje ruhishiwe

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eleven =

Previous Post

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Next Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.