• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi mu Rwanda bakiranye ubwuzu ab’i Burundi bagenzwa n’ingingo ikomeye

radiotv10by radiotv10
19/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayobozi mu Rwanda bakiranye ubwuzu ab’i Burundi bagenzwa n’ingingo ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi baturutse mu Burundi, baje mu Rwanda mu bukangurambaga bwo gushishikariza impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, gutahuka mu Gihugu cyababyaye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 19 Ukuboza 2022, aho izi ntumwa ziyobowe n’umwe mu bayobozi ku rwego rwo hejuru mu Gihugu cy’u Burundi, zageraga mu Rwanda zinyuze ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Izi ntuma z’abayobozi ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu cy’u Burundi, zakiriwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Gasana Emmanuel ndetse n’uw’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi.

Abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda, bahaye ikaze bagenzi babo bo mu Burundi, babakiranye ubwuzu, babaramutsa mu Kinyarwanda n’Ikirundi, indimi zombi zijya gusa.

Biteganyijwe ko aba bayobozi baturutse i Burundi baherekejwe n’abo mu Rwanda, berecyeza mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, kuganiriza impunzi z’Abarundi, bazishishikariza gutahuka mu Gihugu cyababyaye.

Mu Rwanda habarwa impunzi z’abarundi zisaga ibihumbi 50, zahunze u Burundi, mu 2015 ubwo muri iki Gihugu hari imvururu zazamutse nyuma yuko mu Burundi hari hageragejwe ihirikwa ry’ubutegetsi bw’uwari Perezida w’iki Gihugu, Pierre Nkurunziza wamaze kwitaba Imana.

Ibi byanazamuye umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi bwashinjaga u Rwanda kwakira abasize bagerageje ririya hirika ry’ubutegetsi ndetse rukabakingira ikibaba, ariko u Rwanda rukabihakana na rwo rugashinja iki Gihugu cy’igituranyi gushyigikira imwe mu mitwe ihungabanya u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, aherutse kugirana na France 24 na Radio Mpuzamhanga y’Abafaransa (RFI), mu kwezi gushize k’Ugushyingo 2022, yavuze ko “kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda, n’ibibazo bigisigaye, bizakemurwa hifashishijwe inzira z’ibiganiro, kandi turacyari kuvugana.”

Perezida Ndayishimiye yanagarutse ku bakekwaho kugerageza ririya hirika ry’ubutegetsi, bari mu Rwanda, avuga ko hakiri kuganirwa uburyo bakoherezwa mu Burundi bagacirwa imanza.

Babahaye ikaze

Photos/RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 2 =

Previous Post

Umusirikare mukuru muri FARDC woherejwe kurwanya M23 yapfuye urupfu rubi

Next Post

Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Kayonza: Uko byagenze ngo inzuki zibadwinge bakajyanwa kwa muganga igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.