Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi ya DSTv Rwanda icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyana na ryo, ari na yo rukumbi yari ifite uburenganzira bwo kwerekana imikino y’Igikombe cy’Isi mu Rwanda, nyuma y’ubwasisi bwatumye Abaturarwanda babasha kureba iyi mikino, yanazanye impano y’iminsi mikuru, aho uguze ifatabuguzi iryo ari ryo ryose, ahabwa iryisumbuyeho.

Kuva ku itariki 19 Ukuboza 2022 kugeza ku ya 24 Mutarama 2023 ubu umuntu usanzwe afite ifatabuguzi rya DSTv ry’ukwezi iryo ari ryo yose yongereweho iryisumbuye ndetse n’abazarigura muri iki gihe bazahita bahabwa iryisumbuyeho.

DSTv Rwanda ivuga ko iyi ari impano yageneye abafatabuguzi bayo n’abifuza kuba abakiliya bayo muri iki gihe cy’iminsi mikuru.

Umuyobozi mukuru wa Tele 10 Group, Muhirwa Augustin, yavuze ko nyuma y’Igikombe cy’Isi DSTv ikomeje kugeza ku bakiliya bayo ibyiza byumwihariko kuri shene zayo nziza isanganywe.

Ati “Dufite film nziza udashobora kubona ahandi, dufite ibiganiro by’abana udashobora kubona abandi, amakuru meza umuntu yakwifuza kureba,…DSTv ntabwo ari iy’abakunda football gusa.”

Agaruka kuri ubu bwasisi bushya buje nk’impano y’iminsi mikuru, Muhirwa Augustin yagize ati “Umuntu uguze ifatabuguzi, ahabwa irindi fatabuguzi ryisumbuye, ni ikintu cyiza ko umuntu uguze ifatabuguzi runaka, ahabwa irindi ryisumbuye. Uko baryohewe n’imikino myiza, ni ko bagomba kuryoherwa n’ibindi biganiro bitandukanye.”

Agaruka ku mikino, yavuze kandi ko n’ubundi DSTv isanganywe amashene 20 ya siporo ikaba ikomeje kuza ku isonga mu kwerekana imikino itandukanye irimo n’iyo abantu badashobora gusanga ahandi.

Ati “Nta mpamvu yo kujya gushakira imikino mu kabari kandi mu masaha akuze, nta mpamvu yo kujya kuvumba amashusho mu baturanyi kandi na we wayatunga, DSTv irahari kandi irabategereje.”

DSTv Rwanda kandi itangaza ko ifatabuguzi ry’ibihumbi 31 Frw ryafashije abantu kureba imikino y’Igikombe cy’Isi, nubundi ni ryo fatabuguzi rizafasha abafatabuguzi kuzareba imikino iri mu yikunzwe ku Isi ya champions league.

Nanone kandi dekoderi ya DSTv ubu irakomeza kugura ibihumbi 20 Frw ndetse ikazana n’ifatabuguzi rizwi nka access na ryo kandi rizahita rijyana n’iyi poromosiyo yashyizweho kuko izahita izana n’ifatabuguzi ryisumbuyeho rya family.

Kuba dekoderi ya DSTv igura ibihumbi 20 Frw iriho n’ifatabuguzi rya Access rigura 14 700 Frw bivuze ko iyi dekoderi iba yaguzwe 5 300 Frw.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri DSTv Rwanda, Edmon Nkusi yavuze ko abumva ko DSTv ari iy’abifite atari byo kuko nkuko iyi sosiyete yafashije abantu kureba imikino y’Igikombe cy’Isi, byerekanye ko ifatabuguzi ry’iyi kompanyi rihendutse.

Ku bakomeje kwibaza niba ibiciro by’ifatabuguzi rya DSTv bizagabanywa, Nkusi Edmon yavuze ko bashonje bahishiwe, ati “DSTv hari icyo ibahishiye, hari agaseke gapfundikiye, umunsi nugera izagapfunduka kandi ni vuba aha.”

Umuyobozi wa Tele 10 Group Muhirwa Augustin yavuze ko muri DSTv hahora ibyiza
Umuyobozi ushinzwe kumenyakanisha ibikorwa muri DSTv Rwanda Nkusi Edmond yavuze ko abumba ko DSTv ari iy’abifite atari byo

Abanyamakuru bafashije DSTv mu mikino y’Igikombe cy’Isi bashimwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Yongeye gufata ku Ibendera: Undi mugisha wasekeye umuto muri Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.