Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyavuye mu biganiro byahuje ingabo za EAC na M23 birumvikanamo igitutu

radiotv10by radiotv10
02/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibyavuye mu biganiro byahuje ingabo za EAC na M23 birumvikanamo igitutu
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’ingabo zihuriweho ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryahaye iminsi ibarirwa ku ntoki umutwe wa M23 kuba wavuye mu bice uri kugenzura muri Rumangabo.

Ibi biganiro byabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Tariki 31 Ukuboza 2022, i Kibumba, agace gaherutse gushyikirizwa izi ngabo zigize itsinda EACRF ry’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Ibi biganiro kandi byanitabiriwe n’itsinda rihuriweho ry’ingabo rishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare mu karere.

Ibi biganiro byari bigamije gusuzumira hamwe uko umutwe wa M23 ukomeje gushyira mu bikorwa ibyo wasabwe byo kuva mu bice wafashe, aho itsinda ry’ingabo za EACRF ryari riyobowe na Maj Gen Jeff Nyagah.

Maj Gen Jeff Nyagah yaboneyeho gushimira umutwe wa M23 kuba wararekuye agace ka Kibumba ubu kari kugenzurwa na EACRF nkuko biri mu byemerejwe mu nama y’i Luanda yo ku ya 23 Ugushyingo 2022.

Gusa iri tsinda rivuga ko rigihangayikishijwe n’ibikorwa bikomeje guhitana inzirakarengane z’abasivile, biturutse ku kuba hatari kubahirizwa umwanzuro wo guhagarika imirwano, bikaba binakomeje gutuma mu burasirazuba bwa Congo hakomeza kuba ibibazo by’umutekano mucye.

Itangazo rigenewe itangazamakuru ry’ibyavuye muri ibi biganiro, rigira riti “Intumwa zemeje ko nyuma ya Kibumba, M23 itangira gutegura byimbitse uburyo bunoze bwo kuva mu bice igenzura bya Rumangabo bitarenze tariki 05 Mutarama 2023 ndetse n’ibice byo muri Kishishe, ubundi EACRF ikaba yatangiye kogereza abasirikare bazajya kugenzura ibyo birindiro.”

Iri tsinda kandi ryasabye impande zose zirebwa n’imyanzuro y’Inama y’i Luanda yo ku ya 23 Ugushyingo 2022, zigomba kuyubahiriza, byumwihariko uwo guhagarika imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 5 =

Previous Post

Byamenyekanye ko agace ko mu Rwanda kaza mu twa mbere ku Isi twibasirwa n’Inkuba

Next Post

Uwaburiye Inka ku mupaka w’u Rwanda na DRC yagobotswe n’ingabo zishyikirana na M23

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwaburiye Inka ku mupaka w’u Rwanda na DRC yagobotswe n’ingabo zishyikirana na M23

Uwaburiye Inka ku mupaka w’u Rwanda na DRC yagobotswe n’ingabo zishyikirana na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.