Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
S.Lieutenant Ian Kagame ubu ni umwe mu barinda Perezida (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Sous Lieutenant Ian Kagame uherutse kurangiza amasomo ya gisirikare mu ishuri ry’ibigwi ryo mu Bwongereza ndetse akanarahirira kwinjira mu ngabo z’u Rwanda, yagaragaye ari umwe mu basirikare barinda Perezida Paul Kagame.

Ian Kagame usanzwe ari ubuheture (umwana wa gatatu) bwa Perezida Paul Kagame, yagaragaye ari mu nshingano zo kurinda Perezida wa Repubulika kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023 ubwo umukuru w’u Rwanda yitabiraga isengesho ryo gusabira Igihugu no gushimira Imana ibyo yakigejejeho.

Uyu musore ukiri muto mu myaka ariko mu bumenyi ndetse n’imyitozo akaba ari ku rwego rushimishije, yari mu itsinda ry’abasirikare barinda umukuru w’u Rwanda mu bamugenda imbere, yambaye ibikoresho by’itumanaho ryabo, ndetse yambaye isuti y’umukara n’ishati yera yarengejeho karavati.

Ubusanzwe abasirikare barinda umukuru w’Igihugu, bagaragara nk’abafite imyitozo yihariye ndetse n’igihagararo gishyitse, kandi Sous Lieutenant Ian Kagame bigaraga ko abyujuje, yaba igihagararo gishyitse ndetse n’ibigango by’umubiri wuzuye.

Ian Kagame yinjiye muri RDF tariki 04 Ugushyingo 2022, ubwo we na bagenzi be barahiriraga kuba bamwe mu basirikare b’u Rwanda, mu muhango wayobowe na Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, wabereye i Gako.

Yari yarahiriye kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda nyuma y’amezi atatu asoje amasomo ya gisirikare mu ishuri rikomeye rya gisirikare ryo mu Bwongereza rizwi nka Royal Military Academy Sandhurst.

Iri shuri ryo mu Bwongerezamo ryarangijemo Ian Kagame, ryananyuzemo bamwe mu bakomeye ku Isi, nka Prince Willian na Prince Harry, bakaba abana b’umwami w’u Bwongereza, Charles III.

Uyu muhango wo gusoza amasomo wabereye mu Bwongereza, wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bagiye gushyigikira umwana wabo.

Ubwo Perezida yageraga ahabereye iri sengesho yari arindiwe umutekano n’abarimo Ian Kagame

Ange Ingabire Kagame n’umugabo we bari mu bitabiriye iri sengesho
Miss Jolly na we yari ahari
Na bamwe mu bazwi mu myidagaduro

Photos/ Village Urugwiro&Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Next Post

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Karongi: Uburyo budasanzwe bubafasha kubona umusaruro w’avoka bamwe bafata nk’imitongero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.